Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gisagara: Ibikoresho Bishyushya Abana Bavutse Badashyitse Byagabanyije Imfu 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Gisagara: Ibikoresho Bishyushya Abana Bavutse Badashyitse Byagabanyije Imfu 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2024 8:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu bitaro bya Kibilizii biri mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara bishimira ko ku bufatanye n’Ikigo mpuzamahanga cya’ Ababiligi gishinzwe iterambere mpuzamahanga, bahawe ibyuma bishyushya abana bavutse igihe kitageze.

Abana bavuka batuzuye kubera impamvu zitandukanye zirimo no kuba ababyeyi babo baragize imibereho mibi.

Iyo umwana avutse atuzuye biba bivuze ko hari ingingo z’umubiri we zitiremye mu buryo bwuzuye.

Bitewe n’igihe aba yari asigaje ngo avuke neza, hari ubwo biba bishoboka ko yafashwa kubona umwuka uhagije wo guhumeka no gutuma izindi ngingo zikura akaba yabaho neza.

Uretse uburyo bita Kangorou bukoreshwa n’abagore baheka abana babo mu gituza hakoreshejwe imyambaro yabugenewe kugira ngo bagire ubushyuhe bukenewe, hari n’ibyuma byabugenewe bikoresha ikoranabuhanga bifasha abana muri ubwo buryo.

Mu bitaro bya Kibilizii n’aho bavuga ko ibyo byuma bahawe n’Ikigo mpuzamahanga cya Ababiligi gishinzwe iterambere mpuzamahanga byatumye abana bapfaga bazira kuvuka igihe kitageze bagabanuka.

Ubusanzwe umwana uvutse ashyitse avuka nyuma y’ibyumweru 40.

‘Kuvuka igihe kitageze’ bigira ibyiciro.

Uko umwana avuka hakiri kare cyane ni uko ubuzima bwe bujya mu kaga.

Abaganga bavuga ko bigoye ko umwana wavutse mbere y’ibyumweru 28 abaho.

Hari abavuka hagati y’ibyumweru 28 n’ibyumweru 32 hakaba n’abandi bavuka hagati y’ibyumweru 34 n’ibyumweru 36 Nyina abasamye.

Icyakora aba tuvuze nyuma baba bafite amahirwe menshi yo kuzakura n’ubwo nabo ibintu biba bitoroshye.

Abana bavutse muri ubu buryo bafashwa kubaho binyuze mu kubashyira mu byumba birimo ibyuma bibaha umwuka, ibiribwa n’ibindi bakenera kugira ngo ingingo zabo zikure nk’uko byagenda bari mu nda y’ubatwite

Aho bahererwa ubu bufasha bahita Neonatal Intensive Care Unit (NICU).

Yvette Mukundwa ushinzwe ibikorwa by’abaforomo n’ababyaza mu bitaro bya Kibilizi avuga ko mbere bataratangira gukorana n Enabel mu mushinga wiswe Barame avuga ko mbere bari bafite 15.9% ariko ubu ni 9.4%

Ati: ” Mbere ikibazo cyabagaho ni uko abana bavukaga bananiwe. Kandi burya ingaruka zigera ku mwana wavutse nabi ntizitandukana cyane n’izigera kuri Nyina”.

Ikindi kibazo cyari gihari ni uko ngo n’ababyeyi babagwaga bagiraga ibibazo byo kudakira ibisebe ariko ngo ubu byaragabanutse.

Mukundwa ashima ko inyubako Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere mpuzamahanga Enabel cyabubakiye inyubako ngari kandi ifite ibikoresho bibafasha mu kwita ku bana mu buryo bufatika.

Uwavuze mu izina ry’Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere mpuzamahanga avuga ko bakoze ubutaha bamenya ibibazo abagore bo mu Rwanda bagira bahitamo kubashakira ibisubizo.

Avuga ko ubusanzwe kimwe mu bibazo bikomeye Abanyarwandakazi bamwe bahura nabyo ari uko bataramenya neza kuboneza urubyaro.

Kubafasha kubimenya no kubikoresha neza bituma imibiri yabo yiyubaka bihagije.

TAGGED:AbanafeaturedGisagaraImbyaro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kubakwamo Ishuri Rya TVET Rikora Nk’Ayo Mu Bushinwa 
Next Article U Rwanda Rugiye Kubaka Kaminuza Ikomeye Yigisha Ba Jenerali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?