Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gitifu Avuga Ko Yeguye Kubera Igitutu Cya Visi Meya Wa Rubavu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gitifu Avuga Ko Yeguye Kubera Igitutu Cya Visi Meya Wa Rubavu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2021 12:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jean de Dieu Ngabonzima usanzwe uyobora Akagari ka Kinigi ko Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu yanditse ibaruwa asaba Ubuyobozi bw’Akarere gutesha agaciro indi avuga ko yanditse mbere asaba kwegura.

Ngabonzima yabwiye Taarifa ko kugira ngo yandike ibaruwa ya mbere yegura, yabitegetswe n’Umukozi w’Akarere ushinzwe imirimo rusange, abo bita DM, afatanyije n’ushinzwe abakozi ( Human Resources, HR) nabo babitegetswe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu ushinzwe ubukungu.

Yagize ati: “ Si ibanga rwose kuko iriya baruwa nayanditse kubera igitutu nashyizweho na DM afatanyije na HR ariko uwabibategetse ni Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe ubukungu.”

Yavuze ko atari kwandika asaba kwegura mu gihe kitazwi kuko uku kwegura gukorwa gusa n’abantu barangije imyaka itatu bari mu nshingano.

Ibaruwa yanditswe na Jean de Dieu Ngabonzima

Jean de Dieu Ngabonzima avuga kandi ko atari bwandike asaba kwegura burundu kuko bikorwa n’umuntu udafite amasezeano y’akazi ya burundu.

Mu ibaruwa ye avuga ko yanditse iriya baruwa kubera igitutu kandi  akemeza ko yumva afite umurava wo gukora k’uburyo atakwandika yegura.

Yasabye ubuyobozi guhera ku bw’Intara kugeza k’ubw’Akarere ka Rubavu kumurenganura.

Taarifa yabajije umwe mu bakozi bo mu Karere ka Kicukiro niba  ibyo kweguza umuntu bisanzwe bibaho avuga ko ‘akurikije uko abona ibintu bikorwa, asanga bishoboka cyane.

Ati: “ Ni ibintu bishoboka rwose . Sindi bukubwire ngo ni aha n’aha byabaye, ariko ni ibintu bihaho. Buriya se ntuherutse kumva ibyabaye muri Rubavu? Ni nka biriya rwose biba n’inaha mu Mujyi.”

Bigira izihe ngaruka?

 Kubera ko buri wese aba ashaka gukora agateza imbere urugo rwe, nta muntu wishimira gushyirwaho igitutu ngo yandike yisabira kwegura.

Ngabonzima avuga ko bidakwiye ko abayobozi bahatira umuntu kwandika yisabira kwegura kuko bigaragaza imikorere mibi no guhohotera umuntu udafite icyo yishinja yishe mu kazi ke.

Wa mukozi mu Karere ka Kicukiro avuga ko ubusanzwe umuntu wakosheje aba agomba kwegerwa akagira inama, agacyahwa yakwanga kumva inama akandikirwa ibaruwa irimo amagambo amwubashye agasezererwa mu mahoro adahohotewe.

Indi ngaruka ni uko iyo umuntu asezerewe mu buryo budakurikije amategeko ashobora kurega Leta, bakaburana  yayitsinda ikwamwishyura amafaranga yari agenewe kuzakoreshwa mu bikorwa biteza imbere abaturage.

Minisiteri y’ubutabera isaba inzego za Leta kwirinda kujyana Leta mu manza kuko iyo itsinzwe biyigiraho ingaruka.

Akarere ka Rubavu kagize icyo kabitangazaho…

Kuri Twitter ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwanditse ko ibyo bariya banyamabanga nshingwabikorwa bavuga ari amatakirangoyi, ko banditse begura kubera ibyaha bari bamaze iminsi bakora birimo no ‘gufungira abaturage mu biro by’Akagari.

Buvuga ko bariya baturage bafungirwaga mu Kagari bamaze gukubitwa.

Ikindi ngo muri bariya banyamabanga nshingwabikorwa hari bamwe banyerezaga Shisha Kibondo igenewe abaturage, bakaka ruswa abaturage bashaka kubaka n’ibindi.

Guverineri ati: “ Aho kwandika ibaruwa, ejo nkivuguruza nayihorera”

Umuyobozi w’Intara y’i Burengerazuba François Habitegeko yabwiye Taarifa ko iriya baruwa yayakiriye ariko yongeraho ko yibajije ukuntu umuntu ashyirwaho igitutu akabyemera.

Guverineri Habitegeko Francois

Ati: “ Ko iki gihugu kigira uburyo kiyobowe ni gute umuntu bamushyiraho igitutu akemera kwandika yisabira kwegura? Kuki atakwiyambaza izindi nzego zikuriye umushyira ho icyo gitugu?”

Ikindi avuga ni uko bigoye kwerekana ibyemeza ko runaka yashyizweho igitutu na runaka.

Ku ngingo yo kumenya niba yemera ko n’ubwo bigoye ariko bishoboka, Guverineri François Habitegeko yavuze ko ntacyo yabivugaho kuko bitaramubaho.

Yabwiye Taarifa ko hari indi baruwa y’undi mugabo nawe wanditse avuga ko yegujwe.

Yongeyeho ko hari abayobozi bazasuzuma niba ariya mabaruwa afite ishingiro, bakayasubiza.

TAGGED:featuredGitifuHabitegekoKicukiroRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakurikiranyweho Kurasa Gen Katumba Wamala Bari Gukorerwa Iyicarubozo
Next Article Uganda Yarekuye Abandi Banyarwanda Cumi N’Umwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?