Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guhurira Muri Amerika Kwa Kagame Na Tshisekedi Kwimuriwe Mu Ugushyingo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Guhurira Muri Amerika Kwa Kagame Na Tshisekedi Kwimuriwe Mu Ugushyingo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2025 2:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Biteganyijwe ko abayobozi bombi bazahura tariki 13, Ugushyingo, 2025
SHARE

Leta zunze ubumwe za Amerika nk’Umuhuza hagati ya Kigali na Kinshasa yatangaje ko Perezida Paul Kagame na Perezida Félix Tshisekedi bazahurira i Washington Tariki 13, Ugushyingo, 2025.

Ubusanzwe byari biteganyijwe ko baba barahuye muri uku kwezi k’Ukwakira, 2025 bagasinya inyandiko irimo amasezerano ya burundu yo guhagarika intambara iri mu Burasirazuba bwa DRC.

Nyuma byaje kudakunda bitewe ahanini n’uko Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ku munota wa nyuma, yazanye amananiza yatewe no kwanga  gusinya inyandiko y’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu yagombaga gusinywa ikabona kohererezwa Tshisekedi nawe akayisinya.

Perezida Tshisekedi yabwiye abari baje kuyisinya ko bakwitahira, bakabivamo!

Ikindi Jeune Afrique dukesha iyi nkuru ivuga, ni uko hari ibindi byazitiye imigendekere myiza y’iyi dosiye birimo no kugenda biguru ntege mu kwambura FDLR intwaro bityo n’u Rwanda narwo rukabona gukuraho ingamba zarwo z’ubwirinzi.

Uku gutinda gutunganya ibyo byose niko kwatumye Perezida Trump atangaza indi tariki nshya yo guhura hagati ya Paul Kagame uyobora u Rwanda na Félix Tshisekedi uyobora DRC.

Jeune Afrique yanditse iti: “ Nubwo nta ntambwe ikomeye cyane iraterwa mu gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro y’i Washington, biragaragara ko Perezida Trump atacitse intege. Ubu yashyizeho itariki nshya Abakuru b’ibihugu byombi bazahuriraho.”

Africa Intelligence nayo yemeje ko amakuru ifite avuga ko Abakuru b’ibihugu byombi bazahura tariki 13, Ugushyingo, 2025.

Minisitiri Nduhungirehe ushinzwe ububanyi n’amahanga bw’u Rwanda yabwiye kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda ko DRC ari yo ituma ibintu bidindira.

Ati: “ Abahagarariye Congo ntiwamenya niba baza baganirijwe ku bukubiye mu masezerano kuko baza bavuga ibindi. Nk’ubu muri iyi mishyikirano iheruka, usanga nka Jenerali uhagarariye Délegation ya Congo avuga ko FDLR itabaho, ko nta kibazo iteje u Rwanda, ndetse ko iyo aza kuba ari we ubwe wari uhagarariye Congo mu masezerano y’i Washington atari kuyashyiraho umukono.”

Ku byerekeye amasezerano y’ubukungu, avuga ko u Rwanda na DRC baganiriye kuri buri ngingo iyagize, bazumvikanaho ariko, nk’uko akomeza abivuga, bwarakeye bagiye kuyashyiraho umukono ngo abone kujya kwa Perezida Tshisekedi we ahita atanga itegeko ko itsinda rya DRC ritayasinya.

Mu ntangiriro z’Ukwakira, 2025 Géneral Major Sylvain Bomusa Efomi Ekenge uvugira ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, yasohoye itangazo risaba abarwanyi bose ba FDLR gushyira intwaro hasi bakishyira mu maboko y’ingabo cyangwa mu ya MONUSCO.

Hari abafashe iri tangazo nka ‘nyirarureshwa’ kuko nk’uko Dr. Ismael Buchanan yabibwiye Taarifa Rwanda, byagora cyane DRC kwitandukanya n’abantu yamaze imyaka myinshi ikorana nabo.

Ni imikoranire yatumye bamwe mu bagize FDLR bahinduka abaturage ba DRC, bafata amazina n’ibindi biranga abatuye iki gihugu.

Hari n’inkuru ya Radio Okapi nayo yabyanditse muri uwo mujyo, ivuga ko n’amafaranga yo gushakisha abo bantu binyuze mu bikorwa bya gisirikare nayo ntayo.

Kugeza ubwo iyi nkuru yatambukaga, nta kintu kigaragaza ko DRC iri guhiga cyangwa izahiga FDLR cyari cyagaragaye ahubwo amakuru avuga ko ingabo zayo zikomeje kwisuganya ngo zirwane na AFC/M23 iri kurya isataburenge umujyi wa Uvira.

FARDC kandi iravugwaho gukorana cyane n’ingabo z’Uburundi ziherutse kongererwa umubare w’izikorera mu Burasirazuba bwa DRC .

TAGGED:AmerikaCongofeaturedIbiganiroIngaboKagameTshisekediUburundi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Somalia Byifashe Bite?
Next Article Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Arakekwaho Kwicisha Nyirakuru Inkoni

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

Trump Ati: “BBC Ngomba Kuyirega Byanze Bikunze”

2.9% By’Abanyarwanda Bafite Diyabete:RBC

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Nyamasheke: Abaturage Barasaba Kugabanyirizwa Tike Y’Ubwato Bubafasha Kujya Guhaha

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?