Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guinea-Bissau: Haburijwemo Coup d’Etat
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Guinea-Bissau: Haburijwemo Coup d’Etat

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 December 2023 9:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umaro Mokhtar Sissoco Embaló
SHARE

Perezida wa Guinea Bissau yatangarije BBC ko amasasu aherutse kuvugira mu murwa mukuru yari ay’abantu bashakaga guhirika ubutegetsi ariko biranga.

Byabaye ku wa Gatanu ubwo yari yitabiriye inama mpuzamahanga yigaga ku bidukikije no guhangana n’ingaruka z’imihindafurikire y’ikirere yaberaga i Dubai.

Perezida Umaro Sissoco Embaló yabwiye BBC ko ababikoze bazahura n’akaga.

Kugeza ubu hari umusirikare wafashwe, akaba akekwa kuyobora agatsiko k’abasirikare bashakaga kubohoza umwe mu bayobozi ufunzwe.

Abasirikare barinda Umukuru w’igihugu bafashe abasirikare barashe ariya masasu, babafata batarisuganya ngo basubire mu bigo byabo.

Abaminisitiri babiri batawe muri yombi bakurikiranyweho kuba ibyitso.

Abo ni Minisitiri w’imari witwa Souleiman Seidi n’Umunyamabanga wa Leta muri iyo Minisiteri witwa António Monteiro.

Abo bagabo kandi bari bamaze igihe bakurikiranyweho gukura miliyoni $10 (angana na miliyoni £8) mu kigega cya Leta.

Guinea-Bissau imaze igihe ivugwamo abantu bashaka guhirika ubutegetsi ariko imigambi yabo igapfuba.

Muri Gashyantare 2022 Perezida Embaló yatangaje ko nabwo hari abashatse kumuhirika birapfuba.

Amasasu yamaze amasaha ane avuga ahitana abantu 11.
Ubuyobozi bwatangaje ko ayo masasu yari ay’abacuruza ibiyobyabwenge bari bahanganye n’abashinzwe umutekano.

Guinea-Bissau yabonye ubwigenge mu mwaka wa 1974 ibwatse Portugal yari yarakolonije.

Ifoto: Perezida Embalo

TAGGED:AbasirikareCoupEmbalofeaturedPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article u Rwanda Rwasohoye Inkoranya Y’Ururimi Rw’Amarenga
Next Article Abasirikare Ba Mbere Ba EAC Bavuye I Goma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?