Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gukora Ibibujijwe Biratinda Bikagukoraho- CP Kabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gukora Ibibujijwe Biratinda Bikagukoraho- CP Kabera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 April 2022 1:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera aburira abantu babwirwa kenshi kureka gukora ibinyuranyije n’amategeko bakinangira, akababwira ko gukora ibibujijwe bitinda bigakora ku muntu!

Hari mu kiganiro Polisi y’u Rwanda, Urwego rw’Ubugenzacyaha, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa n’igishinzwe kurengera abaguzi bahaye itangazamakuru nyuma yo kuryereka ibyo bafashe mu gihugu cyose nyuma yo gusanga batujuje ubuziranenge.

CP Kabera avuga ko abantu baburiwe kenshi, basobanurirwa ibibi byo gucuruza ibintu bitujuje ubuziranenge ariko barinangira.

Yabwiye abinangira ko kubikora igihe kirekire wibwira ko utazafatwa ari ukwibeshya.

Yatanze ingero z’uko mu mwaka ushize hari inshuro ebyiri Polisi n’izindi nzego z’umutekano hamwe na Rwanda FDA beretse itangazamakuru ibindi bicuruzwa bitujuje ubuziranenge cyangwa se bicuruzwa mu buryo bwa magendu byafatiw hirya no hino mu Rwanda.

Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera avuga ko ibicuruzwa nka biriya bigira uruhare mu guhitana abaturage atanga urugero rw’abantu 11 bahitanywe n’inzoga yitwa Umuneza abandi bane barahuma burundu.

Avuga ko Polisi itazeihangaira umuntu uwo ari we wese uhungabanya umudendezo n’ubuzima bw’Abanyarwanda, kandi abibutse ko umuntu wese wica amategeko akibwira ko ntawe uzamufata ko yibeshya.

Ati: “ Mwirinde gukora ibibujijwe. gukora ibibujijwe biratinda bikazagukoraho wowe n’abo mukorana. Muguzi nawe gerageza urebe niba hariho italiki yagenwe bizasaziraho.”

Kuri uyu wa Gatatu nibwo harekanywe ibicuruzwa birimo ibiribwa, imiti n’amavuta n’ibindi bicuruzwa bitujuje ubuziranenge bifite agaciro ka Frw 39,891,473.

Umuyobozi mu Kigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa witwa Lazare Ntirenganya yabwiye itangazamakuru  ko bakoranye na RIB na Polisi y’u Rwanda mu rwego rwo kugenzura niba nta bicuruzwa nka biriya biri  mu Rwanda.

Intego yari iyo kurinda Abanyarwanda.

Ni igikorwa ngurukamwaka kiba kigamije  gushakisha biriya biribwa cyangwa imiti.

Avuga ko uretse gufata ibyo bicuruzwa, ahubwo banigishaga abacuruzi babisanganaga bakababwira ko gushakira amaronko mu kuroga Abanyarwanda bihanirwa n’amategeko.

Ntirenganya Lazare avuga ko ririya genzurwa ryakozwe na ziriya nzego ryakorewe mu Turere twose uko ari 30 hagenzurwa ahantu 430( inganda, za Farumasi,…) murizo basanze inganda  99 zidafite ibyangombwa bizemerera gukorera mu Rwanda.

Ikindi babonye ni uko hari izifite ibyangombwa byarangije igihe ariko abacuruzi ntibajye kubyongeresha.

Basanze kandi hari amoko y’ibiribwa 116 atarandikwa ngo byemezwe ko yujuje ibisabwa kugira ngo acuruzwe mu Rwanda.

Basanze kandi hari amoko 172  y’ibicuruzwa byarangije igihe  muri byo 150 bikaba ari ibiribwa n’ibinyobwa  birimo imitobe, amafanta,  amata, byarangije igihe.

Hari n’ibiba byarakuwe ku isoko ariko bigakomeza gucuruzwa muri ibyo urugero rukaba ari ikinyobwa kitwa ‘Kibamba’ yigeze guhitana abaturage mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kanombe n’ahandi mu Rwanda.

Hari n’ikitwa ‘Fresh Tangawizi’ cyaciwe.

Hari n’ibindi bitujuje amakuru abyerekeyeho ni ukuvuga igihe byakorewe, ibikigize, igihe kizasazira n’ibindi.

Muri ibi hafashwe  ibicuruzwa 55.Ntirenganya Lazare avuga ko hari n’amoko 33 y’inzoga zibitswe mu macupa ya pulasitiki kandi bitemewe.

Mukorogo nayo ikomeje kugaragara ku isoko ry’u Rwanda.

TAGGED:featuredIbiribwaImitiKaberaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwanda Hafatiwe Ibicuruzwa Bitujuje Ubuziranenge Bifite Agaciro Ka Frw 39,891,473
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Impapuro Zemera Ba Ambasaderi Bashya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?