Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gukora Ibibujijwe Biratinda Bikagukoraho- CP Kabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gukora Ibibujijwe Biratinda Bikagukoraho- CP Kabera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 April 2022 1:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera aburira abantu babwirwa kenshi kureka gukora ibinyuranyije n’amategeko bakinangira, akababwira ko gukora ibibujijwe bitinda bigakora ku muntu!

Hari mu kiganiro Polisi y’u Rwanda, Urwego rw’Ubugenzacyaha, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa n’igishinzwe kurengera abaguzi bahaye itangazamakuru nyuma yo kuryereka ibyo bafashe mu gihugu cyose nyuma yo gusanga batujuje ubuziranenge.

CP Kabera avuga ko abantu baburiwe kenshi, basobanurirwa ibibi byo gucuruza ibintu bitujuje ubuziranenge ariko barinangira.

Yabwiye abinangira ko kubikora igihe kirekire wibwira ko utazafatwa ari ukwibeshya.

Yatanze ingero z’uko mu mwaka ushize hari inshuro ebyiri Polisi n’izindi nzego z’umutekano hamwe na Rwanda FDA beretse itangazamakuru ibindi bicuruzwa bitujuje ubuziranenge cyangwa se bicuruzwa mu buryo bwa magendu byafatiw hirya no hino mu Rwanda.

Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera avuga ko ibicuruzwa nka biriya bigira uruhare mu guhitana abaturage atanga urugero rw’abantu 11 bahitanywe n’inzoga yitwa Umuneza abandi bane barahuma burundu.

Avuga ko Polisi itazeihangaira umuntu uwo ari we wese uhungabanya umudendezo n’ubuzima bw’Abanyarwanda, kandi abibutse ko umuntu wese wica amategeko akibwira ko ntawe uzamufata ko yibeshya.

Ati: “ Mwirinde gukora ibibujijwe. gukora ibibujijwe biratinda bikazagukoraho wowe n’abo mukorana. Muguzi nawe gerageza urebe niba hariho italiki yagenwe bizasaziraho.”

Kuri uyu wa Gatatu nibwo harekanywe ibicuruzwa birimo ibiribwa, imiti n’amavuta n’ibindi bicuruzwa bitujuje ubuziranenge bifite agaciro ka Frw 39,891,473.

Umuyobozi mu Kigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa witwa Lazare Ntirenganya yabwiye itangazamakuru  ko bakoranye na RIB na Polisi y’u Rwanda mu rwego rwo kugenzura niba nta bicuruzwa nka biriya biri  mu Rwanda.

Intego yari iyo kurinda Abanyarwanda.

Ni igikorwa ngurukamwaka kiba kigamije  gushakisha biriya biribwa cyangwa imiti.

Avuga ko uretse gufata ibyo bicuruzwa, ahubwo banigishaga abacuruzi babisanganaga bakababwira ko gushakira amaronko mu kuroga Abanyarwanda bihanirwa n’amategeko.

Ntirenganya Lazare avuga ko ririya genzurwa ryakozwe na ziriya nzego ryakorewe mu Turere twose uko ari 30 hagenzurwa ahantu 430( inganda, za Farumasi,…) murizo basanze inganda  99 zidafite ibyangombwa bizemerera gukorera mu Rwanda.

Ikindi babonye ni uko hari izifite ibyangombwa byarangije igihe ariko abacuruzi ntibajye kubyongeresha.

Basanze kandi hari amoko y’ibiribwa 116 atarandikwa ngo byemezwe ko yujuje ibisabwa kugira ngo acuruzwe mu Rwanda.

Basanze kandi hari amoko 172  y’ibicuruzwa byarangije igihe  muri byo 150 bikaba ari ibiribwa n’ibinyobwa  birimo imitobe, amafanta,  amata, byarangije igihe.

Hari n’ibiba byarakuwe ku isoko ariko bigakomeza gucuruzwa muri ibyo urugero rukaba ari ikinyobwa kitwa ‘Kibamba’ yigeze guhitana abaturage mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kanombe n’ahandi mu Rwanda.

Hari n’ikitwa ‘Fresh Tangawizi’ cyaciwe.

Hari n’ibindi bitujuje amakuru abyerekeyeho ni ukuvuga igihe byakorewe, ibikigize, igihe kizasazira n’ibindi.

Muri ibi hafashwe  ibicuruzwa 55.Ntirenganya Lazare avuga ko hari n’amoko 33 y’inzoga zibitswe mu macupa ya pulasitiki kandi bitemewe.

Mukorogo nayo ikomeje kugaragara ku isoko ry’u Rwanda.

TAGGED:featuredIbiribwaImitiKaberaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwanda Hafatiwe Ibicuruzwa Bitujuje Ubuziranenge Bifite Agaciro Ka Frw 39,891,473
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Impapuro Zemera Ba Ambasaderi Bashya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?