Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gushora Mu Rubyiruko Niyo Mahitamo Meza- Minisitiri W’Intebe Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Gushora Mu Rubyiruko Niyo Mahitamo Meza- Minisitiri W’Intebe Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 October 2022 1:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yarangiza inama mpuzamahanga yari imaze iminsi ine ihuriza urubyiruko rw’Afurika mu Rwanda, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yavuze ko we n’abandi bafata ibyemezo bazi neza  ko guha urubyiruko umwanya ari ingenzi mu buzima bw’ejo hazaza ha buri gihugu.

Avuga ko bizwi neza ko urubyiruko rw’Afurika ari rwo rwinshi ugereranyije n’abantu bakuru wasanga aho ari ho hose ku isi.

Ikindi kandi ngo ni uko kugira ngo intego Umuryango w’Afurika yunze ubumwe  zigerweho mu mwaka wa 2063 ni ngombwa ko urubyiruko rw’Afurika ruba rwarize, kandi rufite amahirwe yo gushora imari aho rubona ko rwakunguka.

Mu ntego zo mu mwaka wa 2063 hari intego ko ubushomeri mu bagore no mu rubyiruko buzaba bwaragananutse ku kugero cya 25%.

Kugira ngo ibi bigerweho, ni ngombwa ko Leta zishyiraho Politiki zorohereza urubyiruko kugera ku ntego rwiyemeje.

Umukuru wa Guverinoma y’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente yavuze ko kugira ngo ibi bishoboke, abafata ingamba za Politiki bakorana bya hafi kugira ngo urubyiruko rwige, kandi ruhabwe umwanya mu bibakorerewa mu bihugu byarwo.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente ubwo yarangizaga inama ya Youth Connekt African Hub 2022

Ati: “ Ibi ni ibintu dufatana uburemere kandi tuzakomeza gushora amafanga mu rubyiruko rwacu kugira ngo rubone ibyo rukeneye byose ngo rugere ku byiza byose rukeneye.”

Dr Ngirente, ku rundi ruhande, avuga ko urubyiruko rwagombye guharanira kwiga amasomo abaha ubumenyi bukenewe ku isoko ry’akazi k’uburyo baba abantu bahanga imirimo ihabwa benshi muri bo.

Yavuze ko yizeye ko inyigisho urubyiruko rwitabiriye Youth Connekt Africa rwayikuyemo zizarufasha mu mibereho yaryo mu bihugu  byarwo.

Ubwo yatangizaga iri huriro, Perezida Paul Kagame yavuze ko abibwira ko umugabane w’Afurika ari umugabane w’ibibazo nk’aho nta handi biba bibeshya.

Ngo ntaho ibibazo bitaba bityo icyo abatuye Afurika basabwa ni uguhangana n’ibibazo byabo nk’uko n’ahandi bahangana n’ibibareba.

Yabwiye bagenzi be bayobora Afurika ko bagomba kujya biyegereza urubyiruko, bakaruha umwanya mu byemezo bifatirwa ibihugu kugira ngo bamenye uko bifatwa hakiri kare bityo ejo hazaza  hazabe aharwo.

Ati: “ Tugomba kubumvisha ko bafite uruhare mu guhangana n’ibibazo  dufite harimo ikirere cyahumanye, ikoranabuhanga n’ibindi…”

Yavuze ko Abanyarwanda mu myaka 28 ishize, bumvaga bagomba gukora bakagera ku bintu bihambaye kandi  bikaba ibintu bigomba guharanirwa buri munsi.

Gushyiraho ziriya ntego no kuziharanira byatumye Abanyarwanda barenga  iby’amacakubiri ahubwo bahitamo gukora bakigira.

Kagame yavuze ko ari ngombwa ko umuntu atangira afite intego z’uko ibyo ashaka byose azabigeraho, akikuramo ibyo gushidikanya.

TAGGED:AfurikaConnektfeaturedMinisiteriNgirenteUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kurandura Ubukene Mu Bantu Ni Imvugo Y’Urwiyerurutso
Next Article DRC: Abasirikare Bakuru Barashinjwa Guha M 23 Icyuho Igafata Bunagana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?