Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gusubiza Itangazamakuru Ni Ukwihangana Nka Yobu-Karine Jean Pierre Uvugira Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Gusubiza Itangazamakuru Ni Ukwihangana Nka Yobu-Karine Jean Pierre Uvugira Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 January 2023 12:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta zunze z’Amerika ushinzwe itangazamakuru n’itumanaho witwa Karine Jean Pierre yanditse kuri Twitter ko akazi akora kamusaba kwihangana nk’uko Yobu wo muri Bibiliya yihanganiye ibigeragezo ntave ku Imana.

Yakomozaga ku bibazo ahatwa n’abanyamakuru hafi buri munsi iyo ari kugeza kuri Amerika uko igihugu cyaramutse.

Buri munsi Karine Jean Pierre azindukira mu cyumba abategererejwemo n’abanyamakuru b’ibinyamakuru bikomeye muri Amerika ngo abagezeho uko Amerika yaramutse n’aho polikiti zayo mu rwego mpuzamahanga zigeze.

Aba afite umuba w’impapuro zanditseho, mu buryo burambuye, uko byifashe mu bihugu byose Amerika ifitemo inyungu,  akabanza kubisobanurira mu ncamake itangazamakuru hanyuma akakira ibibazo byaryo.

Kubera ko aba adasoma ibiri mu mutwe w’umunyamakuru, Karine Jean Pierre agomba kuba afite ibisubizo byose kandi binyura umunyamakuru bitaba ibyo akaba yiteguye ko ikibazo kimwe gishobora kubyara ibindi bine, ibintu bigafata indi ntera.

Bitewe na dosiye ziriho( haba imbere muri Amerika n’ahandi ku isi) ibibazo abazwa birutanwa uburemere.

Aba agomba kuvugira inyungu za Perezida Biden n’ubutegetsi bwe, ariko nanone akirinda gukoma rutenderi ngo agire igihugu runaka yahuranya cyangwa ngo ababaze igice runaka cy’abatuye Amerika.

Mu Cyumweru kiri kurangira, Karine yahuye n’ibibazo bityaye birebana n’ibyo Perezida Biden ashinjwa by’uko hari inyandiko z’amabanga akomeye basanze iwe, hakibabwa uko zahageze.

Perezida Biden nawe ntarashobora gusobanura neza uko zageze iwe.

Mu yandi magambo, bivuze ko na Karine Jean Pierre adafite igisobanuro gihamye cyo guha abanyamakuru baba bashaka inkuru zishushye kandi zihuse.

Bumwe mu buryo yaje gusanga bwamufasha gusubiza abanyamakuru kuri iki kibazo ntawe yiteganyije nawe ni ukubasaba kubaza icyo kibazo Ubunyamabanga bushinzwe ubutabera( department of justice) kuko ari ikibazo kirebana n’ibyaha.

Karine Jean Pierre avugwaho kuba umuhanga mu kumenya uko asubiza, akabikora yirinda gusiga icyasha shebuja.

Ibi ngo biramugora cyane kubera ko aba agomba no gutanga impamvu z’ibisubizo bye kugira ngo abanyamakuru banyurwe.

Uko kwihangana niko kwatumye yerura avuga ko gukorana n’abanyamakuru byamubereye ikigeragezo nk’icyo Yobu wo muri Bibiliya yahuye nacyo ubwo Satani yamusabaga kwihaka Imana hanyuma akipfira.

Undi yarabyanze kandi ingororano ye yaje kuba nini!

Karine Jean Pierre yagiye muri ziriya nshingano asimbuye Jennifer ( Jen) Rene Psaki.

TAGGED:AbanyamakuruBibiliyafeaturedPerezidaSatani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwari Umuhuza Bwite Wa Tshisekedi Na Kagame Yatawe Muri Yombi
Next Article Rwamagana: Bamwibye $32,500 Yari Yabikijwe N’Umuvandimwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?