Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gusura Ibihugu, Kwigisha Guhinga Kijyambere…Ibyo Perezida Ndayishimiye Yakoze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Gusura Ibihugu, Kwigisha Guhinga Kijyambere…Ibyo Perezida Ndayishimiye Yakoze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 June 2021 2:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye arashima Imana ikimurinze mu gihe cy’umwaka amaze ategeka u Burundi. Kuri uyu wa Kane yagiye kuyishimira mu Misa, akaba yari aherekejwe n’umugore we, Denise Ndayishimiye.

Biriya birori byo gushima Imana biratangira kuri uyu wa Kane tariki 17 bizageze ku wa Gatandatu tariki 19, Kamena, 2021.

Bizabera mu mijyi ibiri ikomeye mu Burundi ari yo Gitega na Bujumbura.

Mu mwaka amaze ategeka u Burundi, Perezida Ndayishimiye yakoze byinshi birimo gutsura ububanyi n’amahanga.

Yasuye Tanzania, Uganda, Guinee Equatoriale, Centrafrique na Kenya.

Yagiranye ibiganiro by’ubufatanye mu bukungu n’ibihugu bitandukanye birimo n’ibikomeye nk’u Bushinwa.

Mu ngendo yakoreye hirya no hino yasinyanye amasezerano y’ubucuruzi n’abayobozi  harimo Perezida uwa Uganda Yoweli Museveni n’uwa Kenya Uhuru Kenyatta.

Arishimira ibyo yagejeje ku Burundi mu mwaka amaze abuyoboye

Ku byerekeye umubano we n’u Rwanda, akigera ku butegetsi yavuze imbwirwaruhame zafashwe nko gushotora u Rwanda ariko nyuma y’igihe runaka yaje guhindura imvugo ndetse Perezida Kagame aherutse nawe kwemeza ko umubano w’u Rwanda n’umuturanyi wo mu Majyepfo umeze neza.

N’ubwo ari uko bimeze ariko, mu minsi mike ishize, ingabo z’u Rwanda zavuze ko zarashe abarwanyi baruteye baturutse i Burundi , ariko bidateye kabiri abategetsi b’i Burundi barimo  aba Politiki n’aba gisirikare barabihakana.

Ndayishimiye kandi yagerageje kurwanya ruswa ndetse aherutse kwirukana Minisitiri wavuzweho kugurisha indege ya Leta.

Aha yari agiye muri Kenya

Umukuru w’u Burundi  Evariste Ndayishimiye  aherutse kwigisha abatuye Intara ya Muramvya guhinga kijyambere.

Yari kumwe n’abayobozi bo muri kariya gace n’abandi bayobora urwego rw’ubuhinzi ku rwego rw’igihugu.

Muramvya ni Intara iri mu Burundi rwagati. Ituwe n’abaturage 5,458.

Ni Intara yera kubera ‘ubutaka bwayo n’ikirere kiza.’

TAGGED:AmahangafeaturedKagameNdayishimiyePerezidaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwiga Ni Uguhozaho, Abashinzwe Umutekano Bari Guhugurwa Ku Mahoro N’Umutekano
Next Article Amasasu yavugiye muri nyungwe ubwoba bwari bwose || Kayitesi Alice wakomerekejwe nibitero bya FLN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?