Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gutegura Inyama Zo Kurya Bisaba Ubundi Buhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Gutegura Inyama Zo Kurya Bisaba Ubundi Buhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 January 2024 9:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA) kivuga ko abantu bakwiye kubungabunga ubuziranenge bw’inyama. Gisaba abantu kumenya ko inyama zujuje ubuziranenge ari izakonjeshejwe hagati ya degere Celsius 0 na degere Celsius 4.

Aya makuru yatanzwe n’umwe mu bakozi b’iki kigo ushinzwe kugenzura ubuziranenge, isuku n’akato k’ibikomoka ku matungo, Gaspard Simbarikure avuga ko inyama zujuje ubuziranenge ari iz’amatungo yabazwe atarwaye.

Ni iz’amatungo kandi amaze igihe adahabwa imiti, inka cyangwa amatungo atararagijwe inkoni kandi mu gihe cyo kuyica ngo aribwe ntikorerwe iyicarubozo.

Simbarikure ati: “… Agomba kandi kubagwa neza yabanje guteshwa ubwenge, akavushwa neza amaraso agashiramo, akabagwa acuritse nyuma Veterineri ubifitiye ububasha n’ubushobozi akagenzura izo nyama. Izo yemeje ko ari nzima zikanyuzwa mu cyumba gikonjesha mu masaha n’ubukonje byagenwe noneho zikajyanwa ku isoko…”

Avuga ko inyama zishyirwa mu bukonje butandukanye bitewe n’igihe zizamara.

Amenyesha ko inyama zitazamara igihe kirekire cyane cyane izacuruzwa mu gihe kitarenze iminsi icyenda(9), zigomba gukonjeshwa hagati ya Degere Celsius  0-4.

Urugero inyama zicuruzwa ku mabagiro ntizogomba kurenza iminsi ine ziri aho zikonjesherezwa.

Ni mu gihe inyama zicuruzwa mu gihe kirekire cyane cyane izijyanwa cyangwa zivanwa mu mahanga zikoresha ubukonje buri jehuru buba buri munsi ya degere -18

Ubu buryo bushobora gutuma inyama zimara amezi agera mu icyenda cyangwa icumi zikiri nzima.

Wa muhanga wa RICA avuga ko kugira ngo inyama zikomeze kugira ubuziranenge, zigomba no gutwara mu byuma bisukuye kandi n’imodoka zibitwara bikaba uko.

Avuga ko kandi abantu badakwiye kurobanura inyama zishyirwa mu byuma bizikonjesha n’izidashyirwamo kuko inyama zose zigenewe kuribwa n’abantu zigomba gushyirwa mu byuma bikonjesha(frigo).

Iyo bidakozwe zirangirika ku buryo byagira ingaruka ku buzima bw’abaziriye.

Simbarikure avuga ko inyama zibazwe ako kanya, zishobora kudashyirwa muri firigo ariko zigahira zitekwa bitarenze amasaha abiri.

Impamvu ni uko amabwiriza y’ubuziranenge bw’inyama avuga ko biterenze amasaha abiri zigomba gutekwa cyangwa gushyirwa mu byuma bizikonjesha byagenwe bitaba ibyo zikangirika.

Ikibazo kiri henshi mu cyaro cy’u Rwanda ni uko hari abaturage babagira inka mu gisambu, ku makoma cyangwa ahandi hadasukuye.

Bikunze kubaho mu gihe cy’iminsi mikuru.

TAGGED:AbaturagefeaturedIcyaroInyamaRICAUbuziranenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bruce Melodie Agiye Gushora Mu Ikipe Ya Basketball
Next Article Gakenke: Abanyeshuri Bahiriye Mu Cyumba Bararamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?