Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guverinoma Igiye Gushyiraho Ibyiciro Bishya Bya Kaminuza Mu Myuga n’Ubumenyingiro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Guverinoma Igiye Gushyiraho Ibyiciro Bishya Bya Kaminuza Mu Myuga n’Ubumenyingiro

admin
Last updated: 22 July 2021 12:13 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yatangaje ko abiga imyuga n’ubumenyingiro bagiye gushyirirwaho ibyiciro byisumbuye bya kaminuza, byiyongera ku gisanzwe gitanga impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza.

Kuri uyu wa Kane Dr. Ngirente yari imbere y’Inteko ishinga amategeko – imitwe yombi – ayigezaho ibikorwa bya Guverinoma byo guteza imbere amashuri yisumbuye n’amakuru y’imyuga n’ubumenyingiro.

Yavuze ko leta yashyize imbaraga mu kwigisha imyuga, ku buryo ubu hari gahunda zitandukanye guhera ku bataragize amahirwe yo kujya mu mashuri yisumbuye, bafashwa kwiga imyuga by’igihe gito.

Hari kandi abarangije icyiciro rusange bafashwa kwiga imyuga mu mashami atandukanye abahesha impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye, n’abarangiza amashuri yisumbuye bakiga icyiciro cya mbere cya kaminuza mu mashuri azwi nka IPRC, ahurizwa muri Rwanda Polytechnic.

Dr. Ngirente yavuze ko hakomeje amavugurura azatuma umuntu wahisemo kwiga imyuga aminuza uko abyifuza, aho gusoreza gusa kuri advanced diploma ihabwa abarangije icyiciro cya mbere muri IPRC.

Ati “Aho kugira ngo ahabwe icyo twitaga uyu munsi Advanced Diploma, azajya ahabwa icyo twita Bachelor of Technology (B-Tech), na nyuma yaho bakazajya bagira icyo twita Master of Technology (M-Tech), ndetse abana bagakomeza, bakumva ko gutangira mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro bikuzamura kugeza ku rwego ushaka, kandi kuri buri rwego ukaba ufite umwuga wakora.”

“Aya mavugurura rero ndagira ngo mbabwire ko ari hafi cyane, azashyirwa mu bikorwa mu gihe kidatinze kuko twamaze kuyategura.”

Kugeza ubu mu Rwanda hari amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro 365, n’amashuri makuru y’imyuga n’ubumenyingiro 14.

Mu mwaka ushize yigagamo abanyeshuri 97,440.

Dr Ngirente yavuze ko amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro amaze kugaragaza ko afite agaciro kanini, kuko nko mu mwaka wa 2019, nibura 70% by’abarangije, ni ukuvuga abantu 66099,  babonye akazi mu gihe kitarenze amezi atandatu bakirangiza kwiga.

 

TAGGED:Dr Edouard NgirentefeaturedIPRCMInisitiri w'INtebeRwanda Polytechnic
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Madagascar Yarusimbutse
Next Article RDF Yakije Umuriro Ku Nyeshyamba Muri Cabo Delgado
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?