Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: HADUTSE COVID-19 Yiswe ‘Mu’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

HADUTSE COVID-19 Yiswe ‘Mu’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 September 2021 10:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima, World Health Organization, ryatangaje ko hari ubundi bwoko bwa COVID-19 yihinduranyije bwadutse. Babwise Mu. Abahanga babuhaye ikirango bise B.1.621.

Bivugwa ko ubu bwoko bushya bwa COVID-19 bwagaragaye bwa mbere mu gihugu cya Colombia, icyo gihe hakaba hari muri Mutarama, 2021.

Ntibwakomeje kuvugwa cyane ariko muri iki gihe ngo ubwoko ‘Mu’ bwatangiye kugaragara henshi, bituma abakora mu nzego z’ubuzima babona ko byafashe indi ntera.

Buravugwa cyane muri Amerika y’Amajyepfo no mu Burayi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abo mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi bavuze ko buriya bwoko ari ubwoko bushishikaje( variant of interest) kuko ngo imiterere yabwo itaramenyekana bityo abahanga bakaba bari kwiga bashishikaye ngo bamenye ibyabwo.

Bemeza ko buriya bwoko bushya buzatuma hakorwa izindi nkingo ndetse inshuro abantu bakingirwa zikiyongera.

Babugereranyije n’ubundi bwoko bwa COVID-19 bwigeze kubaho bise ‘Beta.’

Kugeza ubu ariko abahanga mu buvuzi barinze kuvuga ko igikuba cyacitse, ahubwo bavuga ko ibyiza ari uko abantu bakomeza ingamba zisanzwe zo kwirinda COVID-19 hanyuma ubushakashatsi kuri ‘Mu’ bugakomeza.

Ikinyamakuru cyo muri Ireland kitwa Irish Examiner( cyashinzwe mu mwaka wa 1841) kivuga ko n’ubwo ubwandu bw’iriya virus butarazamuka ngo bufate intera idasanzwe ariko aho yageze iri kwandura ku rwego ruteye inkecye.

- Advertisement -

Aho ni muri Equateur aho yanduye ku kigero cya 13% no muri Colombia aho iri ku kigero cya 39%.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi ritangaza ko kugeza ubu hari ubwoko bune bwa COVID-19 bwemejwe.

Ubwo ni ubwise  Alpha yagaragaye mu bihugu 193, Beta yagaragaye mu bihugu  141, Gamma yagaragaye mu bihugu 91 na Delta yagaragaye mu bihugu 170 harimo n’u Rwanda.

Muri iki gihe amaso y’abahanga ahangayikishijwe n’ubwoko bushya bise ‘Mu.’

Ingamba zo kwirinda COVID-19 ziracyari gukaraba intoki kenshi hakoreshejwe amazi meza ahagije n’isabune, guhana intera, kwambara neza agapfukamunwa n’amazuru, kwirinda kujya ahantu hahurira abantu benshi ndetse no gukorera ahantu hafunguye hari umwuka uhagije wo guhumeka.

Kwipimisha umuntu akamenya niba yaranduye cyangwa ataranduye nabyo ni ingirakamaro kandi abantu bagakomeza kwitabira kwikingiza uko bishoboka kose.

TAGGED:AbahangaCOVID-19featuredUbwokoUrukingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urugo Rwa General Numbi I Kinshasa Rwasanzwemo Imbunda Zakwira Batayo
Next Article Nari Niteze Ko Ingabire Victoire Adashimishwa N’Uko Dr Bizimana Aba Minisitiri-Tom Ndahiro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?