Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Haïti: Abagizi Ba Nabi Babujije Indege Kugwa Ku Kibuga Mpuzamahanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Haïti: Abagizi Ba Nabi Babujije Indege Kugwa Ku Kibuga Mpuzamahanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 March 2024 3:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasore bo mu matsinda y’abagizi ba nabi muri Haïti babohoye gereza nini zari zifungiwemo abagororwa kugira ngo baze bakorane nabo. Amasasu kandi arumvikana ku kibuga cy’indege mu Murwa mukuru Port-au-Prince.

Radio France Internationale ivuga ko abo basore bafite umugambi wo gufata kandi bagafunga Minisitiri w’Intebe uyoboye iki gihugu by’agateganyo witwa Ariel Henry.

Abaturage bavuga ko iyi mirwano yatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri kandi ngo irakomeje.

Bavuga ko nta kindi cyakwigizayo abo barwanyi uretse igisirikare cyatojwe neza kandi kigizwe n’abasirikare benshi.

Ikindi kibazo gihari ni uko iyi mirwano ibaye mu gihe Minisitiri w’Intebe wa Haïti Ariel Henry yagombaga kugera ku kibuga cy’indege kuri uyu wa Kabiri aturutse muri Kenya aho yari amaze igihe aganira n’ubuyobozi bw’aho uko abapolisi b’iki gihugu bazajya kugarura amahoro mu gihugu cye.

Ariel Henry

Hagati aho Leta zunze ubumwe z’Amerika zivuga ko ziri gukurikiranira hafi ibiri kubera muri iki gihugu.

Matthew Miller usanzwe ari Umuvugizi wungirije w’Ibiro by’Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga avuga ko ari ngombwa ko amahanga afasha Haïti kubona amahoro.

Ni muri uru rwego Amerika ivuga ko izafasha Kenya kujya guhangana na bariya barwanyi igihe cyose bizaba ngombwa.

Amatsinda y’abagizi ba nabi muri Haïti agenzura 80% by’igihugu cyose.

TAGGED:AbarwanyiHaitiIkibugaIndegePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yagiye Muri Qatar
Next Article Hagiye Gusohoka Inkweto Za Adidas Zitiriwe Bob Marley
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?