Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2025 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri Ingabire yavuze ko hari byinshi bigikenewe ngo interineti igere hose mu Rwanda ku gipimo gishimishije.
SHARE

Iki nicyo kibazo urebye gikubiyemo ibindi Abadepite baraye babajije Minsitiri wa ICT na Inovasiyo Ingabire Paula ubwo yabitabaga mu Nteko ngo abasobanurire icyo Guverinoma ikora ngo mu Rwanda hose hagezwe interineti idacikagurika.

Guhera saa cyenda zo kuri uyu wa Kabiri tariki 04, Ugushyingo, 2025 nibwo Ingabire n’abandi bayobozi muri Minisiteri ayoboye bari bageze mu Nteko ishinga amategeko iri ku Kimihurura ngo bayihe ibisubizo mu magambo ku bibazo byagaragaye mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu guha abaturage serivisi.

Kimwe mu bikomeye yabajijwe ni ikibazo cy’uko hari aho murandasi itagera, hakaba n’aho igera irandaga, ubundi ikahagera idafashije, icikagurika bya hato na hato.

Mu gusubiza kuri iyi ngingo, Minisitiri Ingabire wize muri imwe muri Kaminuza z’ikoranabuhanga zikomeye ku isi yitwa Massachusetts Institute of Technology (MIT) yavuze ko ahanini iki kibazo gishingiye ku ibura ry’iminara ihagije yaha abantu interineti aho bari hose mu Rwanda.

Mu kubisobanura, yavuze ko u Rwanda rukeneye iminara 2,500 yiyongera ku yindi 1700 ihasanzwe, bivuze ko kugira ngo iki kibazo gikemuke mu Rwanda hose hagomba kuba hari iminara 4,200.

Minisitiri Ingabire avuga ko ibi byumvikanisha ishoramari riremereye kuko umunara umwe ugura $150,00 bivuze ko kugira ngo ikenewe yose iboneke igihugu gikeneye gushora byibura $ 300,000,000.

Kugira ngo ibi bitagira ingaruka ku burezi n’ubuvuzi, Ingabire Paula avuga ko hari uburyo bukoreshwa ngo amashuri n’ibigo nderabuzima bibone interineti, ubwo bukaba uburyo bukoresha ibyogajuru bita satellites.

Ubundi buryo butari iminara ni ubukoresha imigozi icishwa mubutaka bita fibres optiques, ubu bukagirira akamaro ibigo byinshi birimo n’igitanga amashanyarazi, amazi n’ibindi.

Ubwo buryo bwunganira iminara mike ihari kugeza ubu.

Ubufatanye bwa Leta n’abandi ikorana nayo bwatumye imiyoboro ya fibres optiques icishwa munsi y’ubutaka ubu iri ku ntera ya kilometero 24,949 mu gihugu hose.

Minisitiri Ingabire yagaragarije Abadepite ko mu ngengo y’imari y’uyu mwaka wa 2025 hamaze gushyirwaho indi interineti ica mu butaka iri ku burebure bwa kilometero 366.

Imiterere y’u Rwanda bita ‘igihugu cy’imisozi igihumbi’ ituma kugeza interineti ku bagituye bose ikaza ihagije kandi yihuta bigorana.

Indi mpamvu nziza ariko izana izindi ngorane ni amajyambere atuma abantu bubaka inzu ndende zikabangamira abatuye mu nzu ngufi ntibabone interineti iciye ku ihuzanzira ridacikagurika.

Imisozi miremire ibangamira itumanaho ryaba irya interineti cyangwa iryo guhamagarana, bikagira ingaruka cyanecyane ku batuye mu bisiza no mu tubande.

Minisitiri Paula Ingabire ati: “Kugira ngo byibura tube dufite iminara itanga interineti mu buryo bunoze turasabwa byibura iminara igera ku 2500, yiyongera ku 1700 u Rwanda rusanzwe rufite.”

Mu kugera kuri iyo ntego, yavuze ko ibigo by’itumanaho byose bihabwa impushya zifite igihe kiri hagati y’imyaka 10 na 15 kandi hari iminara baba bagomba kubaka mu gihe cyose bazamarana urwo ruhushya.

Avuga ko mu myaka 10 cyangwa 15, ibyo bigo bisabwa kuba byubatse byibura iminara 220 isigaye ikazubakwa na Leta.

Ku byerekeye imikorere mibi ya interineti mu bigo bya Leta bitanga serivisi ku baturage ku bibazo byabo bya buri munsi, Ingabire avuga ko Minisiteri ye izakorana na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ( MINALOC) mu gukemura ibyo bibazo bityo aho idakora neza ikongererwa ubushobozi.

Ikindi ni uko kugira ngo iminara yose ikenewe iboneke kandi interineti igere hose bizasaba imyaka itari munsi y’icumi.

Muri rusange, ibibazo Abadepite babajije Minisitiri Paula Ingabire birimo ibijyanye na interineti itaragera hose, aho idafite ingufu na sisiteme zitanga serivise zifite intege nke mu kwakirira amakuru y’abantu benshi.

Abadepite bemeje ko ‘banyuzwe’ n’ibisobanuro Minisitiri yabahaye, bamumenyesha ko bazakurikirana niba ibyo yababwiye bitazaba ‘amasigarakicaro’.

Nubwo banyuzwe, Abadepite babwiye Minisitiri ko bazakurikirana niba ibyo yababwiye azabikora.
TAGGED:AbadepitefeaturedIbigoIkoranabuhangaIminaraImisoziIngabireIntekoInterinetiItumanahoLetaMinisiteriMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 
Next Article DRC: Ingabo Z’Uburundi Zirashinjwa Kwicisha Abanyamulenge Inzara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?