Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Abibwira Ko Ubuyobozi Butangirana Nabo Bukarangirana Nabo- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Hari Abibwira Ko Ubuyobozi Butangirana Nabo Bukarangirana Nabo- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 April 2024 10:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame avuga ko abayobozi batagomba kumva ko ari bo ntangiriro bakaba n’iherezo ry’ibintu byose bibera mu bihugu byabo.

Abo bayobozi bumva ko iyo bamerewe neza n’abandi biba ari uko.

Icyakora Kagame avuga ko ibyo atari byo kuko ngo, nk’uko bizwi, ni ngombwa ko abayobozi bazamura urwego rw’imibereho y’abo bayobora, nabo bakabaho neza, bakagera ku rwego rw’imibereho ibereye buri wese utuye ibihugu bibayeho neza.

Kagame kandi avuga ko igihe kigeze ngo isi ireke gukomeza guha umwanya abayobozi bakora ibitandukanye n’ibyo bavuga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yemeza ko abantu bagomba gushaka uko bahuza ibyo bavuga n’ibyo bakora kugira ngo impinduka nziza zigere ku baturage kuko ari nabo, nk’uko Perezida Kagame abivuga, bashyiraho abayobozi kugira ngo babagirire akamaro.

Ikindi avuga ni uko abantu bakwiye kwigira ku makosa yakozwe n’abababanjirije, bakirinda ko yasubirwamo.

Ati: “ Hari ibintu bidakwiye bikorwa ku isi tugomba kwirinda abantu ntibakore amakosa yakozwe n’abababanjirije kandi nk’abayobozi ntiducibwe intege n’ibiri ku isi ahubwo tugaharanira ko ibihugu byacu bizamuka, ababituye bakabaho ku rwego rwiza buri wese yifuza”.

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye ihuriro ryiswe Amujae High Level Leadership Forum ko umuyobozi mwiza ari ukora ku buryo abaturage bagubwa neza, bagakora akazi bashinzwe nta mususu kandi buri wese agaharanira ineza y’igihugu cye.

Amujae High Level Leadership Forum ni inama ihuza abagore babaye indashyikirwa mu buyobozi baturuka mu bihugu 19 by’Afurika.

- Advertisement -

Iri huriro rigizwe n’abanyamuryango b’Imena 42, abayitabira bakaba baganira ku ngingo zitandukanye zirimo imikoranire inoze mu guteza imbere amahame y’ubuyobozi no kungurana inama z’uburyo abagore bahangana n’ibibazo biri ku isi muri iki gihe.

Ryatangijwe na  Ellen Johnson Sirleaf wahoze uyobora Liberia mbere y’uko asimburwa na George Weah.

TAGGED:AbagoreAbaturageAbayobozifeaturedInamaKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Banki Y’Isi Ikomeje Gushima Uko Ubukungu Bw’u Rwanda Buhagaze
Next Article Noteri W’Umurenge Wa Remera Yishwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Rihanna Yapfushije Se

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Kigali: Hagiye Gushyirwaho Ingengabihe Yo Gutwara Abagenzi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Yinjije Arenga Miliyari Frw 5 Mu Mwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?