Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Undi Muburo Polisi Iha Abamotari…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Hari Undi Muburo Polisi Iha Abamotari…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 September 2024 6:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda ryaburiye abamotari batendeka ko nibatabireka bagomba kwitega ibihano biremereye.

Polisi ivuga ko amakosa akorwa n’abamotari akomeje kwiyongera kuko hari n’abagerageza guhisha ibiranga moto zabo kugira ngo bazikoreshe ibihabanye n’amategeko.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Kayigi, yavuze ko aya ari amakosa akorwa nkana akabangamira urujya n’uruza rw’ibinyabiziga kandi agateza impanuka.

Ayo makosa ni ugutwara abagenzi barenze umwe, gutwara imizigo irenze ubushobozi bwa moto no guhindura cyangwa guhisha nimero iranga ikinyabiziga (plaque).

SP Kayigi agira ati: “Byakunze kugaragara ko hari batwara abagenzi kuri moto bagaheka abagenzi barenze umwe, hakaba n’abatwara imizigo minini irengeje ubushobozi bwa moto ntitume motari abasha kureba neza imbere cyangwa inyuma. Ibi bituma ibinyabiziga bibageraho batabibonye  bikaba byateza impanuka”.

Yunzemo ko Polisi hari abandi yavumbuye  bahisha nimero za moto cyangwa bagahindura imwe mu mibare n’inyuguti zizigize bagambiriye kudatahurwa ku makosa bakoze.

Abo bose Polisi ibasaba kureka iyo migirire kuko ibateza impunuka kandi ikibutsa ababikora ko niba batabiretse ‘mu maguru mashya’ bazahura n’ibihano bigenwa n’amategeko.

Polisi y’u Rwanda ishami ry’umutekano wo mu muhanda ivuga ko kuva mu mpera za Nyakanga kugera mu mpera za Kanama, 2024, hafashwe abamotari 49 bari batwaye moto 49 bahetse imizigo irenze ubushobozi bwazo.

Muri icyo gihe kandi hari abandi 57 bafashwe batwaye moto zihishe plaques .

Hejuru y’ibi kandi hiyongeraho ko kuri uyu wa Mbere taliki ya 16 Nzeri, hafashwe moto 24 zari zitwaye abagenzi barenze umwe.

Abamotari babuzwa gutendeka

SP Kayigi yibutsa abamotari ko mu Rwanda ipikipiki yemerewe gutwara abantu babiri gusa kandi buri wese akaba yambaye ingofero yagenewe kurinda umutwe.

Undi muburo atanga ni uwo kubuza abamotari gutwara abana bato kuri moto kandi bigaragara ko ntawaramira undi mu gihe haba habaye ikintu kibatunguye.

SP Emmanuel Kayigi, Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano mu muhanda

Yavuze ko ibikorwa bya Polisi byo gufata abarenga ku mabwiriza agenga umuhanda n’uburyo bwo kuwugendamo bakabangamira urujya n’uruza bizakomeza, uzabifatirwamo wese akabihanirwa.

Ingingo ya 31 y’Itegeko no 042/2023 ryo ku wa 02/08/2023 rigenga gutwara abantu n’ibintu ku butaka no mu mazi, ivuga ko Umuntu ukora umwuga wo gutwara abantu cyangwa ibintu mu nzira nyabagendwa akoresha ikinyabiziga gifite ubwishingizi kandi akubahiriza ibibukubiyemo.

Ingingo ya 276 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese ku bw’uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n’ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk’uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenga miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:AbanafeaturedImizigoImpanukaMotariPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Ikomeye Mu Ikoranabuhanga Rya Telefoni
Next Article U Rwanda Rwabonye Inyandiko Ya DRC Yemerera Abakoze Jenoside Kuyituramo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

You Might Also Like

Imyidagaduro

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?