Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Undi Muburo Polisi Iha Abamotari…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Hari Undi Muburo Polisi Iha Abamotari…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 September 2024 6:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda ryaburiye abamotari batendeka ko nibatabireka bagomba kwitega ibihano biremereye.

Polisi ivuga ko amakosa akorwa n’abamotari akomeje kwiyongera kuko hari n’abagerageza guhisha ibiranga moto zabo kugira ngo bazikoreshe ibihabanye n’amategeko.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Kayigi, yavuze ko aya ari amakosa akorwa nkana akabangamira urujya n’uruza rw’ibinyabiziga kandi agateza impanuka.

Ayo makosa ni ugutwara abagenzi barenze umwe, gutwara imizigo irenze ubushobozi bwa moto no guhindura cyangwa guhisha nimero iranga ikinyabiziga (plaque).

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

SP Kayigi agira ati: “Byakunze kugaragara ko hari batwara abagenzi kuri moto bagaheka abagenzi barenze umwe, hakaba n’abatwara imizigo minini irengeje ubushobozi bwa moto ntitume motari abasha kureba neza imbere cyangwa inyuma. Ibi bituma ibinyabiziga bibageraho batabibonye  bikaba byateza impanuka”.

Yunzemo ko Polisi hari abandi yavumbuye  bahisha nimero za moto cyangwa bagahindura imwe mu mibare n’inyuguti zizigize bagambiriye kudatahurwa ku makosa bakoze.

Abo bose Polisi ibasaba kureka iyo migirire kuko ibateza impunuka kandi ikibutsa ababikora ko niba batabiretse ‘mu maguru mashya’ bazahura n’ibihano bigenwa n’amategeko.

Polisi y’u Rwanda ishami ry’umutekano wo mu muhanda ivuga ko kuva mu mpera za Nyakanga kugera mu mpera za Kanama, 2024, hafashwe abamotari 49 bari batwaye moto 49 bahetse imizigo irenze ubushobozi bwazo.

Muri icyo gihe kandi hari abandi 57 bafashwe batwaye moto zihishe plaques .

- Advertisement -

Hejuru y’ibi kandi hiyongeraho ko kuri uyu wa Mbere taliki ya 16 Nzeri, hafashwe moto 24 zari zitwaye abagenzi barenze umwe.

Abamotari babuzwa gutendeka

SP Kayigi yibutsa abamotari ko mu Rwanda ipikipiki yemerewe gutwara abantu babiri gusa kandi buri wese akaba yambaye ingofero yagenewe kurinda umutwe.

Undi muburo atanga ni uwo kubuza abamotari gutwara abana bato kuri moto kandi bigaragara ko ntawaramira undi mu gihe haba habaye ikintu kibatunguye.

SP Emmanuel Kayigi, Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano mu muhanda

Yavuze ko ibikorwa bya Polisi byo gufata abarenga ku mabwiriza agenga umuhanda n’uburyo bwo kuwugendamo bakabangamira urujya n’uruza bizakomeza, uzabifatirwamo wese akabihanirwa.

Ingingo ya 31 y’Itegeko no 042/2023 ryo ku wa 02/08/2023 rigenga gutwara abantu n’ibintu ku butaka no mu mazi, ivuga ko Umuntu ukora umwuga wo gutwara abantu cyangwa ibintu mu nzira nyabagendwa akoresha ikinyabiziga gifite ubwishingizi kandi akubahiriza ibibukubiyemo.

Ingingo ya 276 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese ku bw’uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n’ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk’uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenga miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:AbanafeaturedImizigoImpanukaMotariPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Ikomeye Mu Ikoranabuhanga Rya Telefoni
Next Article U Rwanda Rwabonye Inyandiko Ya DRC Yemerera Abakoze Jenoside Kuyituramo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?