Harmonize Yaje Mu Rwanda ‘Kwitemberera’

Umwanditsi wa Taarifa
1 Min Read

Umuhanzi  wo muri Tanzania, Harmonize yaarye ageze i Kigali. Bivugwa ko aje kwitemberera kuko nta gitaramo yatangaje.

Akigera ku kibuga cy’indege cya Kigali yakiriwe na mugenzi we ukunzwe mu Rwanda kurusha benshi witwa Bruce Melodie.

N’ubwo bitaratangazwa ku mugaragaro, ariko birashoboka ko atazasubira i Dar es salaam atagize umwe mu bahanzi b’Abanyarwanda akorana nawe indirimbo.

https://www.instagram.com/reel/CnsyKnsqe9K/?utm_source=ig_web_copy_link

Aherutse gukorana na Bruce Melodie indirimbo zitarakundwa cyane mu Rwanda.

Mu mwaka ushize(2022) Bruce Melodie yakoranye na  Harmonize indirimbo zirimo iyo bise ’Totally crazy’ n’indi bise ’The way you are’.

Hari andi makuru avuga ko Harmonize akundana n’Umunyarwandakazi Dabijoux, bikaba bishoboka ko yaba yaje kwisurira uwo muntu we.

Dabijoux

 

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *