Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hitezwe Imvura Ikomeye Ishobora Gutera Inkangu Mu Bice Bimwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Hitezwe Imvura Ikomeye Ishobora Gutera Inkangu Mu Bice Bimwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2021 11:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubumenyi bw’ikirere, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu bice bimwe byo mu Ntara y’Amajyaruguru n’Iburengerazuba hitezwe imvura ikomeye mu muri iyi minsi, ku buryo abahatuye bakwiye gufata ingamba.

Iki kigo kuri uyu wa Gatandatu cyatangaje ko iteganyagihe rigaragaza ko imvura izakomeza kugwa hagati ya tariki 8-12 gicurasi 2021.

Cyatangaje ko ishobora kuzagira ingaruka hashingiwe ku kuba hateganyijwe imvura nyinshi iri hejuru ya milimetero 30 ku munsi mu bice byinshi by’igihugu, cyane cyane mu Ntara y’Amajyaruguru, Amajyepfo n’Iburengerzuba, no kuba ubutaka bumaze gusoma.

Umuyobozi Mukuru wa Meteo Rwanda, Aimable Gahigi, yatangaje ko mu ngaruka ziteganyijwe harimo imyuzure cyane cyane ku migezi, inkangu no kwangirika kw’ibikorwa remezo, kutareba neza umuhanda byateza impanuka n’ingaruka ku buzima bitewe n’umuvuduko mwinshi w’amazi.

Yakomeje ati “Bitewe n’uko imvura imaze iminsi iboneka iminsi ikurikiranye mu bice byinshi by’igihugu; ikaba inateganyijwe ko ikomeza mu minsi ine iri imbere, Meteo Rwanda irashishikariza Abaturarwanda kwitwararika no gukurikiza amabwiriza bahabwa n’inzego zifite mu nshingano gukumira ibiza.”

Mu bice biteganyijwemo imvura nyinshi cyane harimo uturere twa Nyabihu, Rubavu, Musanze na Burera n’igice cy’Akarere ka Gakenke, hakaza n’ibindi bice byo mu Ntara y’Amajyepfo nka Nyaruguru, Rusizi mu Burengerazuba, na Nyamasheke.

Mu bice bizabonekamo imvura nyinshi ni mu turere twa Kamonyi, Karongi, Muhanga, Ngororero, Rulindo, Gicumbi, Huye n’igice cya Nyamagabe.

Ahateganyijwe imvura iringaniye ni mu Ntara y’Iburasirazuba hafi ya yose.

TAGGED:featuredIbizaImvuraMeteo Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imyenda Michael Jordan Yambaye Mu Kibuga Yagurishijwe Miliyari 1.3 Frw
Next Article Abantu 12 Bafashwe Bakekwaho Ibyaha Birimo Gushyiraho Umutwe W’Abagizi Ba Nabi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nta Bwiteganyirize Bagira

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?