Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hitezwe Imvura Ikomeye Ishobora Gutera Inkangu Mu Bice Bimwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Hitezwe Imvura Ikomeye Ishobora Gutera Inkangu Mu Bice Bimwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2021 11:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubumenyi bw’ikirere, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu bice bimwe byo mu Ntara y’Amajyaruguru n’Iburengerazuba hitezwe imvura ikomeye mu muri iyi minsi, ku buryo abahatuye bakwiye gufata ingamba.

Iki kigo kuri uyu wa Gatandatu cyatangaje ko iteganyagihe rigaragaza ko imvura izakomeza kugwa hagati ya tariki 8-12 gicurasi 2021.

Cyatangaje ko ishobora kuzagira ingaruka hashingiwe ku kuba hateganyijwe imvura nyinshi iri hejuru ya milimetero 30 ku munsi mu bice byinshi by’igihugu, cyane cyane mu Ntara y’Amajyaruguru, Amajyepfo n’Iburengerzuba, no kuba ubutaka bumaze gusoma.

Umuyobozi Mukuru wa Meteo Rwanda, Aimable Gahigi, yatangaje ko mu ngaruka ziteganyijwe harimo imyuzure cyane cyane ku migezi, inkangu no kwangirika kw’ibikorwa remezo, kutareba neza umuhanda byateza impanuka n’ingaruka ku buzima bitewe n’umuvuduko mwinshi w’amazi.

Yakomeje ati “Bitewe n’uko imvura imaze iminsi iboneka iminsi ikurikiranye mu bice byinshi by’igihugu; ikaba inateganyijwe ko ikomeza mu minsi ine iri imbere, Meteo Rwanda irashishikariza Abaturarwanda kwitwararika no gukurikiza amabwiriza bahabwa n’inzego zifite mu nshingano gukumira ibiza.”

Mu bice biteganyijwemo imvura nyinshi cyane harimo uturere twa Nyabihu, Rubavu, Musanze na Burera n’igice cy’Akarere ka Gakenke, hakaza n’ibindi bice byo mu Ntara y’Amajyepfo nka Nyaruguru, Rusizi mu Burengerazuba, na Nyamasheke.

Mu bice bizabonekamo imvura nyinshi ni mu turere twa Kamonyi, Karongi, Muhanga, Ngororero, Rulindo, Gicumbi, Huye n’igice cya Nyamagabe.

Ahateganyijwe imvura iringaniye ni mu Ntara y’Iburasirazuba hafi ya yose.

TAGGED:featuredIbizaImvuraMeteo Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imyenda Michael Jordan Yambaye Mu Kibuga Yagurishijwe Miliyari 1.3 Frw
Next Article Abantu 12 Bafashwe Bakekwaho Ibyaha Birimo Gushyiraho Umutwe W’Abagizi Ba Nabi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?