Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hotel Umubano Igiye Kuvugururwa Kuri Miliyoni $ 40
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Hotel Umubano Igiye Kuvugururwa Kuri Miliyoni $ 40

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 June 2022 5:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego kurushaho kuzamura ubukerarugendo bushingiye ku mahoteli, Urwego rw’Igihugu rw’iterambere rwasinyanye amasezerano n’ikigo Kasada cyo muri Qatar. Ni  ayo kuvugurura icyahoze ari Hotel Umubano ikaba Hoteli  y’inyenyeri eshanu, imirimo yose ikazuzura kuri Miliyoni $ 40 ni ukuvuga Miliyari Frw 40.

Kasada ni ikigo gikora ishoramari mu bukerarugendo bw’amahoteli munsi y’ubutayu bwa Sahara.

Clare Akamanzi uyobora Ikigo cy’u Rwanda cy’Iterambere yabwiye abagiye kuzavugurura iriya Hoteli ko ifite amateka bityo ko RDB yishimiye ko igiye kongera kuba ihuriro ry’abantu bashaka kuruhuka no cyangwa gukorera inama zo ku Rwego rwo hejuru ahantu habereye u Rwanda n’abarusura.

Ikigo Kasada ni kimwe mu bigo bikorera mu Kigo kinini cya Qatar gishinzwe iterambere bita Qatar Investment Group.

Mu kuvugurira kiriya kigo, Kasada izaba ikorana n’Ikigo cy’u Rwanda kitwa Agaciro Development Fund.

Madamu Claire Akamanzi yasabye abazatunganya kiriya kigo ko bazikora uko bashoboye bakazirikana urubyiruko rw’u Rwanda rukazahabwamo akazi.

Madamu Clare Akamanzi ateze amatwi abo muri Kadasa ubwo basobanuraga iby’uriya mushinga

Ni akazi ko mu nzego zitandukanye haba mu kuyisana no mu kazi gasanzwe k’abakozi bakora mu ngeri zitandukanye  za Serivisi izatahangirwa.

Akamanzi yashimye  ko amasezerano yo kuvugurura iriya Hoteli asinywe mu gihe u Rwanda ruri kwakira Inama ikomeye ya CHOGM.

Umuyobozi w’Ikigo Kasada witwa Olivier Granet yavuze ko bashoye amafaranga mu Rwanda kubera ko babonye ko ari urwo kwizerwa.

Avuga ko bazakomeza gukorana n’u Rwanda mu nzego z’ubucyerarugendo kandi ngo azakora k’uburyo iriya Hoteli izaha abaturage akazi kandi ngo izakora k’uburyo abazasura u Rwanda n’abazayicumbikamo bazayishimira bakifuza kuyitindamo.

Ikindi ni uko ngo iki kigo kizafasha abaturiye iriya hoteli kubona akazi.

Izarangira kuzura mu mwaka wa 2025, ikazaba ifite ibyumba 100.

Bizeye u Rwanda bemera kurushoramo Miliyoni $40 kubera ko rwakira neza inama kandi rukaba rwareretse amahanga ko ruri nyabagendwa.

Ikindi ngo ni uko bizeye ko ishoramari ryarwo ritazahomba.

Icyakora n’ubwo ari uku abyemeza, hari ibigo by’abanyamahanga byatsindiye kwita kuri Hoteli Umubano mbere ya Kasada ariko biranga.

Nyuma yo gusinya amasezerano bafashe ifoto y’urwibutso

Kuri iyi ngingo, Umuyobozi wa RDB Clare Akamanzi yavuze ko abo muri Kasada ari gukorana, abo kwizerwa kandi ko ibyo bemeranyijeho bazabishobora nta kabuza.

Ikigo Kasada kiyemeje gushora imari muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara k’uburyo kimaze kuhubaka hoteli 2,200 mu bihugu bitandatu bigize iki gice cy’Afurika benshi bajya bavuga ko ari icy’abakene.

Umuyobozi w’Ikigo Kasada witwa Olivier Granet

Hoteli Umubano yigeze guhabwa ikigo kitwa Marasa ariko nacyo nticyabashije kuyibyaza umusaruro.

TAGGED:AkamanzifeaturedHotelQatarRDBUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Vital Kamerhé Yafunguwe
Next Article Gisupusupu Yacurangiye Umuduri Abitabiriye CHOGM
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?