Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Huye: Abafite Ababo Bagwiriwe N’Ikirombe Hari Icyo Basaba Leta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Huye: Abafite Ababo Bagwiriwe N’Ikirombe Hari Icyo Basaba Leta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 April 2023 6:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bafite ababo bagwiriwe n’ikirombe mu Karere ka Huye babwiye itangazamakuru ko bababazwa n’uko bari kubuzwa kwegera aho bari gucukura ngo bakuremo imibiri ya bariya bantu. Barasaba Leta kubashakira ahantu baba bicaye bakaganirizwa bagahumurizwa kandi ibyo gucukura bigakorwa bahari.

Umukobwa witwa Janvière yabwiye RBA ko iwabo bahungabanye kandi ko ikibababaza kurushaho ari uko bari kubuzwa kwegera aho bari gucukura bashakisha iriya mibiri.

Ati: “ Badushakire ahantu twicara dutegereze ko imibiri y’abantu bacu iboneka. Bareke kuduhinda kandi dufite n’intimba y’abantu bacu tutarabona.”

Uyu mukobwa afite abantu babiri baguye muri kiriya cyobo.

Hari umugabo wavuze ko byaba byiza ababishinzwe babegereye bakabagira inama y’uburyo umuntu yakira ikintu kiremereye nka kiriya.

Ni tekiniki  bita councelling. Ngo si byiza ko abantu bagize ikibazo nka kiriya bafatwa nk’abandi bantu basanzwe, bigasa nk’aho ntacyabaye.

Imirimo yo gushakisha imibiri y’abantu batandatu baguye mu kirombe bivugwa ko bari bagiye gushakamo amabuye y’agaciro irakomeje.

Imashini eshatu za rutura nizo ziri gushakashaka ngo zirebe ko iyo mibiri yaboneka.

Batatu mu bagwiriwe n’igitaka cya kiriya kirombe ni abanyeshuri bigaga muri rimwe mu mashuri yisumbuye yo muri kariya gace.

Gushakisha bariya bantu byatangiye  mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane taliki 20, Mata, 2023 ariko bwarinze bucya nta mubiri n’umwe barabona.

Amakuru avuga ko umubyeyi w’umwe mu bagwiriwe na kiriya kirombe yagiye muri côma.

TAGGED:AbanyeshuriAbaturagefeaturedHuyeIkirombe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abamugariye Ku Rugamba ‘Batishoboye’ Bagenewe Amafaranga
Next Article Ubuyobozi Bwa Kamonyi Bwiyemeje Kubakira Abarokotse Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?