Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Huye: Abagurira Abazunguzayi Bazajya Bacibwa Frw 10, 000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Huye: Abagurira Abazunguzayi Bazajya Bacibwa Frw 10, 000

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 May 2024 5:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bwatangaje ko buzaca amande ya Frw 10,000 umuntu wese uzagurira umuzunguzayi.

Muri iki gihe mu mujyi wa Huye hakunze kugaragara ubucuruzi bwo ku muhanda buzwi nk’ubuzunguzayi.

Hari yo benshi bagendana ibucuruzwa mu ntoki, mu ndobo cyangwa mu mabase bashaka uwabagurira.

Akenshi baba bacuruza avoka, indimu, inanasi, imineke, imyenda n’inkweto n’abandi bacuruza ibyo kurya mu ndobo birimo amandazi n’ibiraha.

Abakora ubwo bucuruzi bavuga ko ikibatera kujya mu muhanda ari ubushobozi buce butatuma bajya mu masoko kuko igishoro kidahagije.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege aherutse kubwira itangazamakuru ko ubuyobozi buzi icyo kibazo ko kandi bukangurira abo bazunguzayi kwishyira hamwe ngo bafashwe kujya mu masoko azwi yemewe.

Ati: “Abazunguzayi tugerageza kubafasha no kubashyira hamwe muri iri soko ry’abisunganye. Murabizi ko abadamu bemeye kujya mu isoko bahawe igishoro ubu bameze neza barakora ubucuruzi”.

Meya Sebutege yavuze ko indi ngamba ubuyobozi bwafashe mu guca ubuzunguzayi ari uguhana umuntu uzafatwa agurira umuzunguzayi.

Avuga ko Inama Njyanama y’Akarere yemeje amande y’ibihumbi 10 nk’ibihano bizacibwa ufatwa agurira umuzunguzayi kandi ibyo yaguze akabyamburwa.

Yashishikarije abakora ubwo buzunguzayi kwegera ubuyobozi, kuko hari gahunda yo gufasha ab’imikoro macye.

Ati: ” Twajyaga tubaha guhera ku mafaranga ibihumbi 100, ariko amabwiriza ya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu yemeye ko duha abaturage inguzanyo y’ibihumbi 200″.

Abakora ubuzunguzayi uretse kwikomwa n’ubuyobozi ko bakora ubucuruzi butemewe, banikomwa n’abandi bacuruzi bakorera mu maduka asanzwe kuko bavuga ko babatwara abakiliya kandi bo basora.

Abazunguzayi bacuruza kuri make, abaguzi bakabayoboka.

TAGGED:AbazunguzayifeaturedHuyeSebutege
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kugenda N’Amaguru Byibura Intambwe 10, 000 Ku Munsi Ni Ingirakamaro Cyane
Next Article Musanze: Umukingo Wagwiriye Abantu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?