Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Huye: Basize Bakingiranye Abana Mu Nzu Bahiramo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Huye: Basize Bakingiranye Abana Mu Nzu Bahiramo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2023 1:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Rango B, mu Murenge wa Tumba muri Huye habereye ibyago byagizwe n’ababyeyi basize abana batatu babafungiranye mu nzu inkongi yicamo babiri, undi arembeye kwa muganga.

Abana bahiye ni Amashimwe Gule Kevin w’imyaka itanu ariko we ntiyapfuye ariko bagenzi be ari bo Sandra Uwase Mugisha w’imyaka itatu na teta Imanishimwe Keilla w’umwaka umwe bo bapfuye.

Ababyeyi babo bari basanzwe bacumbitse muri uwo Mudugudu ariko bahamaze igihe gito.

Amakuru agisesengurwa avuga ko inzu bariya bana bari barimo yatwitswe n’amashanyarazi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Babanje kugondagonda ibyuma by’idirishya ngo barebe uko bakura bariya bana mu muriro([email protected])

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye UMUSEKE  ko ababyeyi ba bariya bana bari babasize mu nzu bonyine bigira mu turimo twabo.

Yagize ati: “Abo bana bari mu nzu bonyine babakingiranye. Muri iyo nzu hanagaragaraga intsinga ku buryo bikekwa ko baba bakinishije prise bigatuma habaho circuit niko guhira muri iyo nzu.”

Kugira ngo n’umwana umwe arokoke byatewe n’uko abantu batabaye banyuze mu idirishya nyuma yo kubona umwotsi mwinshi uva mu nzu.

Ibikoresho byose byo mu nzu byarahiye.

Igenzura ry’imiterere y’intsinga naryo ngo rirakenewe kandi rigakorwa kenshi mu mwaka.

- Advertisement -
TAGGED:AbanafeaturedHuyeInkongiPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Haratutumba Intambara Ikomeye Hagati Ya Armenia Na Azerbaijan
Next Article RSSB Irashaka Ko Abantu Bazajya Bizigamira Kuri Telefoni BYIKOZE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Burundi: Umudepite Yakubiswe

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Urumogi Rugeze Kure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?