Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Huye: Imibiri 1,800 Y’Abazize Jenoside Yabonetse Mu Masambu Y’Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Huye: Imibiri 1,800 Y’Abazize Jenoside Yabonetse Mu Masambu Y’Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 April 2024 12:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye hamaze kuboneka imibiri 1,800 y’Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yari yarajugunywe mu masambu y’abaturage cyane cyane mu y’uwitwa Hishamunda Jean Baptiste w’imyaka 87.

Gushakisha imibiri byari bimaze amezi hafi atatu nyuma y’amakuru y’uko mu isambu ya Hishamunda hari iyo mibiri yahajugunywe.

Perezida wa IBUKA mu Karere ka Huye witwa Théodat Siboyintore yabwiye itangazamakuru ko gushakisha imibiri y’abazize Jenoside  mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye byabaye bisubitswe.

Avuga ko n’ubwo byasubitswe, niharamuka hari andi makuru amenyekanye yerekeranye n’ahandi hari imibiri bizahita bisubukurwa.

Iyi mibiri yabonetse mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye

Bidashoboka kandi ko hari indi mibiri yubakiweho inzu kuko n’iyabonetse muri fondasiyo y’urugo ruri aho hafi kandi haruguru yayo hari izindi nzu bikekwa ko nazo zubakiwe hejuru y’imibiri.

Umukobwa we yitwa Séraphine we akaba afite imyaka 65 y’amavuko.

Siboyintore yabwiye Kigali Today ati: “ Ahubwo n’uwaba afite amakuru haba hariya i Ngoma ndetse n’ahandi hari imibiri yahatubwira igashakishwa hanyuma ikazashyingurwa mu cyubahiro”.

Mu Ukwakira, 2023 nibwo mu Mudugudu wa Ngoma V  mu Kagari ka Ngoma, Umurenge wa Ngoma, habonetse  bwa mbere imibiri.

Icyo gihe harimo hacukurwa umusingi wo kubakaho uruzitiro.

Abaturage bakomeje gutanga amakuru ku byabereye aho hantu kugeza ubwo hashakishijwe indi mibiri kugeza habonetse igera ku 1,800.

Ahavanywe iyi mibiri hazatunganywa hagirwe ahantu ho kwibukira ubwicanyi Abatutsi bahiciwe bakorewe nk’uko bitangazwa na Théodat Siboyintore uyobora IBUKA muri Huye.

Siboyintore ati: “ Ubundi ahakuwe imibiri y’abazize Jenoside hagira ikimenyetso kihasigara. N’aho yari yarashyinguwe hanyuma ikahakurwa ijyanwa mu nzibutso nini, hasigara ikimenyetso kigaragaza ko hari imibiri yari ihashyinguye”.

Yungamo ko aho naho hazashyirwa ikimenyetso kigaragaza ko hari harajugunywe imibiri y’abazize Jenoside.

Biteganyijwe ko taliki 30, Mata, 2024 ari bwo iyo mibiri 1,800 izashyingurwa mu rwibutso rwa Ngoma,  mu Murenge wa Ngoma muri Huye.

Jean Baptiste Hishamunda uvugwa muri iyi dosiye yari yarakiwe gufungwa burundu kubera Jenoside ariko aza kurekurwa kubera imbabazi za Perezida zatanzwe mu myaka ya 2002.

Nyuma byaje kumenyekana iwe hari indi mibiri bituma yongera gufungwa.

Hari n’abandi bo mu muryango we bafunzwe bakurikiranyweho ibyaha birimo no guhisha iyo mibiri.

Bivugwa ko abafunzwe bo mu muryango wa Hishamunda barenga abantu batandatu(6).

TAGGED:AbatutsiAkarerefeaturedHuyeImibiriJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bugesera: Ambasaderi Wa Isral Yasuye Abapfakazi Ba Jenoside
Next Article Uko Imvura Mu Gice Cya Kabiri Cya Mata Iteganyijwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?