Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Huye: Kubona Abaguye Mu Kirombe Cya Metero 80 Biracyari Ingorabahizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Huye: Kubona Abaguye Mu Kirombe Cya Metero 80 Biracyari Ingorabahizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 April 2023 2:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Baracyashakisha imibiir ariko kuyibona ntibirakunda
SHARE

Mu Murenge wa Kinazi, Akarere ka Huye haramukiye inkuru y’abantu batandatu baguye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro.

Batatu muri bo ni abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bari mu kigero cy’imyaka 20

Abapolisi bashinzwe ibikorwa by’ubutabazi ni bo bari mu gikorwa cyo gushakisha abantu batandatu baguweho n’ikirombe mu Murenge wa Kinazi, mu Karere ka Huye.

Amakuru avuga kuri aba bantu yatangiye kumenyekana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ariko ngo byabaye mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Gatatu taliki 19, Mata, 2023.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Habiyaremye avuga ko umuhati wo gukuramo bariya bantu ‘ushobora’ kuza gutanga umusaruro.

Avuga ko abantu bari buvanwemo ariko ko ntawamenya igihe biri bubere.

CIP Emmanuel Habiyaremye ati: “ Umuhati wo kubakuramo uraza gutanga umusaruro ariko sinakubwira ngo turabakuramo kuri iyi saha. Ni abantu batandatu kandi baguye mu mwobo wa metero 80.”

Avuga ko ikibazo kinini gihari ari uko ibitaka byari byasomye amazi y’imvura byabagwiriye bityo  no kubakuramo bikaba bikiri ingorabahizi.

Aho byabereye hageze imashini imwe iri gukora ako kazi ariko hari indi ishobora kuza kuyunganira.

CIP Habiyaremye asaba abantu kuzibukira ibyo kujya gushaka amabuye y’agaciro mu birombe kandi batabyemerewe.

Avuga ko uretse kuba bishyira mu kaga ababikora, ku rundi ruhande, ari ibintu bitemewe n’amategeko.

Abaguye muri kiriya kirombe barimo umugabo w’imyaka 50 wari ugituriye.

TAGGED:AbaturageCIPfeaturedHuyeIkirombeImashiniPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abari Abayobozi Muri FDLR Bakatiwe
Next Article Abamugariye Ku Rugamba ‘Batishoboye’ Bagenewe Amafaranga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?