Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Goma Hiriwe Umutuzo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

I Goma Hiriwe Umutuzo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2021 3:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko kuri uyu wa Mbere mu Mujyi wa Goma muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo hazindukiye imyigaragambyo y’abaturage bavugaga ko badashaka Polisi y’u Rwanda muri kiriya gihugu, amakuru twamenye ni uko amanywa yose hiriwe umutuzo muri rusange.

Ngo icyo bari bise Ville Morte cyararangiye, ubu abantu baratuje ndetse aafite akazi bagasubiyemo.

Ejo hashize abaturage biganjemo urubyiruko bari bayiraye ku kababa ngo bazinduke bamagana ubutegetsi bwabo bavugaga ko bwagiranye amasezerano na Polisi y’ u Rwanda ngo izajyeyo mu gufasha kuhagarura umutekano binyuze mu guhashya abahakorera iterabwoba.

Abo muri Sosiyete Sivile ngo nibo bari bakanguriye abantu kuzindukira mu mihanda bigaragambya.

Impapuro z’impuruza zaraye zitanzwe, abaturage bazindukira mu mihanda y’Umujyi wa Goma, batwika amapine, basatura ameza, ndetse bamwe bahasiga ubuzima harimo n’uruhinja rwafashwe n’isasu ryarashwe n’umupolisi.

Abapolisi nabo bahuye n’ibibazo kuko  hari abakubiswe, abandi bamburwa intwaro.

Ubuyobozi muri Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, muri Polisi no mu ngabo, bwamaganye iby’iriya myigaragambyo, buvuga ko abayiteje bahemutse kuko yaguyemo abantu kandi nta n’impamvu yayo yari ihari.

Mu kiganiro Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yahaye abanyamakuru, yavuze ko ababyukije iriya myigaragambyo buririye ku bubasha bw’imbuga nkoranyambaga bateza akaduruvayo kadafite ishingiro.

Ku rukuta rwe rwa Twitter yanditse ati“ Nta foto, nta shusho…nta kintu na kimwe cyerekana ko abapolisi b’u Rwanda bari cyangwa bazajya i Goma.Ibyo mwabonye i Goma kuri uyu wa Mbere ni umusaruro wo kumva amabwire avugwa n’abanyapolitiki bakoresha abantu mu nyungu zabo.”

Amakuru twahawe n’abantu batuye i Rubavu bakurikirana hafi ibibera i Goma avuga ko abahatuye biriwe batekanye, buri wese mu kazi ke.

Gusa ngo biriwe basana inzu zasenywe ejo n’abigaragambyaga, abandi bajya gupfukisha ibikomere mu gihe hari n’abashyinguye ababo baguye mu rugomo rw’ejo hashize tariki 20, Ukuboza, 2021.

Ku rundi ariko hakura mu  Ntara ya Ituri, Taarifa ifite amakuru yizeye y’uko abarwanyi ba M23 bubuye imirwano.

Abarwanyi ba M23 bari kurwanira muri Ituri ahitwa Runyoni

Udutero duto batugabye ahitwa Runyoni n’ahitwa Shingi.

TAGGED:CongofeaturedGomaImyigaragambyoRepubulika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Barafinda Yasubijwe i Ndera
Next Article Intumwa Ya UN Hari Isezerano Yahaye Abapolisi B’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?