Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibibazo Bikomoka Ku Mateka Y’Abanyarwanda Byageze Kuri Bose
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibibazo Bikomoka Ku Mateka Y’Abanyarwanda Byageze Kuri Bose

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2023 5:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Amateka y'u Rwanda arimo ibika byinshi bisharira
SHARE

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Clarisse Munezero avuga ko amateka y’Abanyarwanda yiganjemo ababaje kandi yagize ingaruka kuri bose.

Yabivugiye mu nama yahuje abafatanyabikorwa ba Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu bari bahuye ngo bige uko ikibazo cyo guhungabana kifashe mu Rwanda n’icyakorwa ngo ibikomere byasizwe na Jenoside yakorewe Abatutsi byakomorwa.

Munezero yibukije abantu ko Jenoside yakorewe Abatutsi yagize ingaruka zikomeye mu mibereho y’Abanyarwanda muri rusange, by’umwihariko mu rubyiruko.

Clarisse Munezero

Impamvu ni uko ibikomere abantu bakuru bahuye nabyo babiraga abana babo.

Abashakashatsi  bagaragaje ko umubyeyi utwite ufite ibikomere ku mutima bishobora kugira ingaruka ku mwana azabyara.

Ibyo bikomere iyo bititaweho bigira ingaruka zitandukanye zirimo: agahinda gakabije, kwiyahura, gukoresha ibiyobyabwenge, indwara z’umutima, iz’ibihaha n’ibindi.

Ingamba za MINUBUMWE..

Clarisse Munezera avuga ko mu guhangana n’iki kibazo, hashyizweho ingamba zitandukanye  haba ku ruhande rwa  Leta  haba no ku bafatanyabikorwa barwo.

Ahantu hashyizweho imbaraga kugira ngo ibi bigerweho ni mu mbuga z’ibiganiro, gahunda zigamije gufasha urubyiruko  gukira ibikomere, Itorero ry’urungano ryiswe  rubyiruko menya amateka yawe, gushyira urubyiruko mu nzego zifata ibyemezo n’ibindi.

Leta y’u Rwanda kandi yashyizeho gahunda zifasha abatishoboye harimo imiryango urubyiruko rukomokamo, uburezi kuri bose, ibigega bifasha urubyiruko kubona inguzanyo no kwihangira imirimo n’ibindi.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Clarisse Munezero yabwiye abatabiriye inama ko ari ngombwa kuzirikana ko ubudasa bw’u Rwanda bwatumye Abanyarwanda basohoka mu bibazo bikomeye.

Avuga ko mu kuvura ibikomere  bidakwiye ko abantu  bagendera gusa ku buryo mvamahanga bumenyerewe mu kuvura, ahubwo Abanyarwanda bagatekereza ku biva mu muco w’Abanyarwanda.

Kuri we, niho hashobora  dutekerezwa no kuvanwa  ibyo mu muco nyarwanda babona nk’umuti ku bibazo bibareba.

Inama yahuje abafatanyabikorwa ba Minisiteri y’ubumwe b’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu yari yitabiriwe kandi n’Umuryango InterPeace.

Bamwe mu bafatanyabikorwa ba Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu
TAGGED:AbanaAbanyarwandafeaturedIntumwaUbumwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impanuka Yo Mu Kivu Yahitanye Uruhinja Umugabo Aburirwa Irengero
Next Article Rusizi: Akurikiranyweho Kwica Umugore Babanaga Mu Buryo Butemewe N’Amategeko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?