Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibice Bimwe By’u Rwanda Bigiye Kugira Ubushyuhe Buzagera Kuri 32°C
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibice Bimwe By’u Rwanda Bigiye Kugira Ubushyuhe Buzagera Kuri 32°C

Last updated: 12 June 2021 5:02 pm
Share
SHARE

Ikigo gishinzwe ubumenyi bw’ikirere, Meteo Rwanda, cyatangaje ko kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 20 kamena 2021 mu Rwanda hateganyijwe ubushyuhe busanzwe bwo mu gihe cy’impeshyi, aho ubwo hejuru buzagera kuri 32°C mu bice bimwe by’igihugu.

Iki kigo cyatangaje ko imvura nke iri hagati ya milimetero 0 na 15 ariyo iteganyijwe henshi mu gihugu, mu mpera z’iminsi icumi iri imbere.

Ikigero cy’imvura isanzwe igwa muri iki gihe kiri hagati ya milimetero 0 na 10 mu bice byinshi by’igihugu, ariko igera kuri milimeteo 15 mu majyaruguru y’iburengerazuba.

Iminsi imvura iteganyijwe kubonekamo izaba iri hagati y’umunsi umwe n’iminsi ibiri.

Meteo Rwanda yakomeje iti “Mu gice cya kabiri cya Kamena 2021 ubushyuhe bwinshi buteganyijwe buri hagati ya 28°C na 30°C mu bice byinshi bya Kigali, Amayaga mu kibaya cya Bugarama, mu karere ka Bugesera no mu bice byinshi by’uturere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza, Ngoma na Rwamagana.”

“Ubushyuhe bugera kuri 32°C buteganyijwe mu bice bimwe by’Akarere ka Nyarugenge, Amayaga no mu kibaya cya Bugarama.”

Ubushyuhe buri hagati ya 22°C and 24°C nibwo buke buteganyijwe mu bice bimwe bya Gicumbi, Burera na Musanze mu ntara y’Amajyaruguru, mu turere twa Rubavu, Rutsiro na Ngororero mu ntara y’Iburengerazuba no muri Parike ya Nyungwe.

TAGGED:featuredIteganyagiheKigaliUbushyuhe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yasubitse Igikorwa Cyo Gucyura Ibice By’Umubiri Wa Patrice Lumumba
Next Article EURO 2020: Christian Eriksen Yituye Mu Kibuga, Umukino Wa Denmark Na Finland Urahagarikwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?