Ibigo Bya Leta Byategetswe Gutunga 30% Y’Imodoka Z’Amashanyarazi

Umwanditsi wa Taarifa
3 Min Read

Minisiteri y’Ibikorwaremezo yategetse inzego zose za Leta ko nibura 30% by’imodoka zizagurwa mu gihe kiri imbere zigomba kuba zikoresha amashanyarazi gusa.

Ni mu rwego rwo kwihutisha gahunda y’u Rwanda yo gukoresha uburyo bwo gutwara abantu b butangiza ibidukikije no kugabanya imyuka ihumanya ikirere ituruka mu rwego rw’ubwikorezi.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ibikorwaremezo, Jean de Dieu Uwihanganye, yasabye abashinzwe ingengo y’imari mu nzego za Leta guhuza gahunda zo kugura imodoka na politiki y’igihugu yo gutanga amasoko mu buryo burambye.

Bije mu gihe ibiciro bya lisansi bikomeje kuzamuka, bikongera igitutu ku ikoreshwa ry’ingengo y’imari ya Leta.

Ku wa 16 Mata, igiciro cya lisansi cyazamutse kigera ku Frw 2,938 kuri litiro, kivuye ku Frw 2,303 mu ntangiriro z’uko kwezi, na yo yari yazamutse ivuye ku Frw 1,989.

Igiciro cya mazutu cyazamutse kivuye ku Frw 1,948 kigera ku Frw 2,205 kuri litiro ku wa 3 Mata, kandi cyakomeje kuguma kuri urwo rwego mu ivugururwa ruheruka.

Minisiteri y’ibikorwa remezo yagize iti: “Bityo rero, inzego zose za Leta zisabwa ko nibura 30% by’imodoka zizagura ziba ari izikoresha amashanyarazi gusa, guhera ku munsi iri tangazo ryashyiriweho umukono.”

Yanavuze ko iki cyemezo kiri mu murongo mugari wo guteza imbere ubwikorezi burambye kandi butangiza ibidukikije, ndetse no gushimangira iterambere rirengera ibidukikije no guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Inzego zose zasabwe kubahiriza iri tegeko mu igenamigambi ry’amasoko.

Mu gihe imibare igaragaza ko imodoka zagurwa zaba zitarenga imwe cyangwa bisaba kuzenguruka imibare, hagomba gushyirwa imbere kugura imodoka y’amashanyarazi.

Iri tangazo ryongeyeho riti: “Icyo ari cyo cyose cyatuma hadakurikizwa iri tegeko kigomba gusobanurwa neza kandi kigahabwa uburenganzira na Minisiteri y’Ibikorwaremezo.”

Mu myaka ishize, Leta yashyizeho ingamba zitandukanye zo gushishikariza ikoreshwa ry’imodoka zikoresha amashanyarazi.

Kugeza ubu, izo modoka ntizishyura imisoro kuzageza ku wa 30 Kamena 2028, harimo umusoro ku byinjira mu gihugu, umusoro ku nyongeragaciro, ndetse n’indi misoro ku modoka no ku bikoresho byo kuzisharija.

Iyi politiki iteganyijwe kugabanya ibiciro by’ubwikorezi mu gihe kirekire ku nzego za Leta, no kugabanya kwishingikiriza kuri lisansi itumizwa hanze.

Inajyanye n’intego z’igihugu zo kugabanya imyuka ihumanya no kubaka ubukungu butangiza ikirere.

Abasesenguzi bavuga ko iyi mpinduka mu buryo Leta iguramo imodoka ishobora kugira uruhare rukomeye mu guteza imbere isoko ry’imodoka z’amashanyarazi, binyuze mu gutuma habaho isoko rihamye, gushishikariza abikorera gushora imari mu bikorwa remezo byo kuzisharija, no kwihutisha kwimukira ku bwikorezi bukoresha amashanyarazi muri rusange.

Ifoto: Imwe mu modoka z’amashanyarazi

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *