Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibigo Byenga Inzoga n’Ibizikwirakwiza Byashyiriweho Amabwiriza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Ibigo Byenga Inzoga n’Ibizikwirakwiza Byashyiriweho Amabwiriza

admin
Last updated: 11 January 2022 11:11 am
admin
Share
SHARE

Ikigo Gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti, Rwanda FDA, cyashyizeho amabwiriza agomba kubahirizwa n’ibigo bikora inzoga n’ibizikwirakwiza, hagamijwe kurushaho kurengera ubuziranenge bwazo.

Ni amabwiriza atangajwe mu gihe ubuziranenge bw’inzoga zicuruzwa mu baturage bukomeje gukemangwa, aho nko mu kwezi gushize abantu 11 bo mu Turere twa Gasabo na Bugesera bishwe n’inzoga Umuneza.

Itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa Rwanda FDA, Dr. Emile Bienvenu, rivuga ko abafite inganda zikora inzoga n’abazikwirakwiza “bagomba gupfunyika no gupakira inzoga zose mu bikoresho byabugenewe bitari pulasitike; zaba izikozwe mu bitoki n’ibimera bitandukanye (urugero tangawize) na divayi.”

Ayo mabwiriza kandi avuga ko inzoga zose zigomba gupakirwa no kubikwa mu bikoresho byabugenewe byemewe na Rwanda FDA mu gihe cyo kwandika no kwemerera inzoga kujya ku iisoko.

Ibyo bikoresho byabugenewe nk’amakese yangwa amakaziye n’amakarito nabyo biba bigaragaza amakuru ku ruganda rukora iyo nzoga n’ibyo binyobwa bipakiwemo.

Akomeza ati “Bityo, birabujijwe gutwara, gupfunyika (gupakira) no gukwirakwiza inzoga mu bikoresho binyuranyije n‘ibyo Rwanda FDA yemereye uruganda; mu bikoresho by‘urundi ruganda urugero nk’amakesi/amakaziye, amakarito, amacupa, n‘ibindi, bitari iby‘uruganda rwakoze izo nzoga.”

Muri ayo mabwiriza hanavugwamo ko ikinyabiziga cyose gitwaye inzoga kigomba kuba gifite ibyagombwa bigaragaza aho izo nzoga zivuye, aho zigiye n’uko zakozwe, n’ibyangombwa bitangwa na Rwanda FDA birimo icy’uruganda n’icy’inzoga.

Akomeza ati “Muri rusange ibintu byose bishobora kwanduza cyangwa bigahungabunga umwimerere n‘ubuziranenge bw’ibiribwa harimo n‘inzoga, birabujijwe.”

Abadandaza inzoga n’abafite amaduka bo basabwe kurangura ahantu hemewe, kuba bafite inyemezabuguzi igaragaza inzoga baranguye kandi nabo bagatanga inyemezabuguzi mu gihe bazigurisha.

Basabwe gucuruza inzoga mu bikoresho by ‘uruganda no gutanga amakuru y’abacuruza inzoga zitujuje ibisabwa.

TAGGED:featuredInzogaRwanda FDAUbuziranenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ARASHAKISHWA Kubera Gukomeretsa Bikomeye Ijisho Ry’Umugore We
Next Article Ibice Bimwe By’u Rwanda Bigiye Kugusha Imvura Nyinshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?