Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibigo Byenga Inzoga n’Ibizikwirakwiza Byashyiriweho Amabwiriza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Ibigo Byenga Inzoga n’Ibizikwirakwiza Byashyiriweho Amabwiriza

Last updated: 11 January 2022 11:11 am
Share
SHARE

Ikigo Gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti, Rwanda FDA, cyashyizeho amabwiriza agomba kubahirizwa n’ibigo bikora inzoga n’ibizikwirakwiza, hagamijwe kurushaho kurengera ubuziranenge bwazo.

Ni amabwiriza atangajwe mu gihe ubuziranenge bw’inzoga zicuruzwa mu baturage bukomeje gukemangwa, aho nko mu kwezi gushize abantu 11 bo mu Turere twa Gasabo na Bugesera bishwe n’inzoga Umuneza.

Itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa Rwanda FDA, Dr. Emile Bienvenu, rivuga ko abafite inganda zikora inzoga n’abazikwirakwiza “bagomba gupfunyika no gupakira inzoga zose mu bikoresho byabugenewe bitari pulasitike; zaba izikozwe mu bitoki n’ibimera bitandukanye (urugero tangawize) na divayi.”

Ayo mabwiriza kandi avuga ko inzoga zose zigomba gupakirwa no kubikwa mu bikoresho byabugenewe byemewe na Rwanda FDA mu gihe cyo kwandika no kwemerera inzoga kujya ku iisoko.

Ibyo bikoresho byabugenewe nk’amakese yangwa amakaziye n’amakarito nabyo biba bigaragaza amakuru ku ruganda rukora iyo nzoga n’ibyo binyobwa bipakiwemo.

Akomeza ati “Bityo, birabujijwe gutwara, gupfunyika (gupakira) no gukwirakwiza inzoga mu bikoresho binyuranyije n‘ibyo Rwanda FDA yemereye uruganda; mu bikoresho by‘urundi ruganda urugero nk’amakesi/amakaziye, amakarito, amacupa, n‘ibindi, bitari iby‘uruganda rwakoze izo nzoga.”

Muri ayo mabwiriza hanavugwamo ko ikinyabiziga cyose gitwaye inzoga kigomba kuba gifite ibyagombwa bigaragaza aho izo nzoga zivuye, aho zigiye n’uko zakozwe, n’ibyangombwa bitangwa na Rwanda FDA birimo icy’uruganda n’icy’inzoga.

Akomeza ati “Muri rusange ibintu byose bishobora kwanduza cyangwa bigahungabunga umwimerere n‘ubuziranenge bw’ibiribwa harimo n‘inzoga, birabujijwe.”

Abadandaza inzoga n’abafite amaduka bo basabwe kurangura ahantu hemewe, kuba bafite inyemezabuguzi igaragaza inzoga baranguye kandi nabo bagatanga inyemezabuguzi mu gihe bazigurisha.

Basabwe gucuruza inzoga mu bikoresho by ‘uruganda no gutanga amakuru y’abacuruza inzoga zitujuje ibisabwa.

TAGGED:featuredInzogaRwanda FDAUbuziranenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ARASHAKISHWA Kubera Gukomeretsa Bikomeye Ijisho Ry’Umugore We
Next Article Ibice Bimwe By’u Rwanda Bigiye Kugusha Imvura Nyinshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?