Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibihugu Bikize Kurusha Ibindi Muri Afurika Birashinjwa Iyezandonke
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibihugu Bikize Kurusha Ibindi Muri Afurika Birashinjwa Iyezandonke

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2023 2:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nigeria( ni iya mbere) na Afurika y’epfo( ni iya kabiri) nibyo bihugu bya mbere bikize muri Afurika. Ikigo mpuzamahanga gicunga inkomoko y’amafaranga ibihugu bikoresha kitwa Financial Action Task Force (FATF) cyabishinje kutaba inyangamugayo mu gucunga uko amafaranga abibikwamo kuko hari abyinjiramo agamije gutera inkunga iterabwoba n’iyezandonke.

Iyezandonke ni ijambo abagenzacyaha mu by’imari bahaye imikoreshereze y’amafaranga igamije kuyakuraho icyasha cy’aho aba yakomotse.

Ni uburyo abantu bafata amafaranga yavuye nko mu bucuruzi butemewe bw’intwaro( hari n’ubwemewe) bakayashora mu bikorwa byo gufasha abantu cyangwa ikindi kintu kiza.

Ni ukuvuga ko bafata iyo ndonke yaronswe binyuze mu cyaha, bakayeza binyuze mu kuyikoresha ibintu bigaragara ko bifite akamaro.

Ikigo Financial Action Task Force( gifite icyicaro mu Bufaransa) kivuga ko Nigeria na Afurika y’epfo ari ibihugu biri gutera imbere, ariko ikibazo ni uko hari amafaranga abashoramari babyo babona kandi bagakoresha batitaye mu gusuzuma niba yaraturutse mu biganza ‘bitarimo amaraso.’

Byombi byashizwe ku rutonde rw’ibihugu biri mu ibara ry’ikigina, iri rikaba ari ibara ritanga amanita mabi.

Abashoramari n’abandi bakora mu rwego rw’imari bazajya babanza barebe niba amafaranga aturuka cyangwa ajya Abuja cyangwa i Pretoria nta cyasha afite.

Bivuze ko na z’Ibigo mpuzamahanga by’imari bigomba kujya bibanza gusuzuma neza niba amafaranga bigiye kuguriza Africa y’Epfo cyangwa Nigeria atazakoreshwa mu buryo buhabanye n’amabwiriza agenwa na cya kigo twanditse haruguru.

Icyakora ubuyobozi bw’iki kigo buvuga ko buri kuvugana na biriya bihugu kugira ngo bikosore ibitagenda neza mu rwego rwabyo rw’imari.

Kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru ntacyo ubuyobozi bw’ibi bihugu byombi bwari bwatangaje ku bikubiye muri iriya raporo.

TAGGED:AfurikaAmafarangafeaturedIterabwobaIyezandonkeNigeria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusuwisi Yatwaye Etape Ya 6, Mugisha Ava Muri Tour Du Rwanda 2023
Next Article Perezida Kagame Yasabye Abaturage ‘Gukomeza’ Gukorana Na Polisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Kirehe: Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?