Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibihugu Bikize Kurusha Ibindi Muri Afurika Birashinjwa Iyezandonke
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibihugu Bikize Kurusha Ibindi Muri Afurika Birashinjwa Iyezandonke

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2023 2:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nigeria( ni iya mbere) na Afurika y’epfo( ni iya kabiri) nibyo bihugu bya mbere bikize muri Afurika. Ikigo mpuzamahanga gicunga inkomoko y’amafaranga ibihugu bikoresha kitwa Financial Action Task Force (FATF) cyabishinje kutaba inyangamugayo mu gucunga uko amafaranga abibikwamo kuko hari abyinjiramo agamije gutera inkunga iterabwoba n’iyezandonke.

Iyezandonke ni ijambo abagenzacyaha mu by’imari bahaye imikoreshereze y’amafaranga igamije kuyakuraho icyasha cy’aho aba yakomotse.

Ni uburyo abantu bafata amafaranga yavuye nko mu bucuruzi butemewe bw’intwaro( hari n’ubwemewe) bakayashora mu bikorwa byo gufasha abantu cyangwa ikindi kintu kiza.

Ni ukuvuga ko bafata iyo ndonke yaronswe binyuze mu cyaha, bakayeza binyuze mu kuyikoresha ibintu bigaragara ko bifite akamaro.

Ikigo Financial Action Task Force( gifite icyicaro mu Bufaransa) kivuga ko Nigeria na Afurika y’epfo ari ibihugu biri gutera imbere, ariko ikibazo ni uko hari amafaranga abashoramari babyo babona kandi bagakoresha batitaye mu gusuzuma niba yaraturutse mu biganza ‘bitarimo amaraso.’

Byombi byashizwe ku rutonde rw’ibihugu biri mu ibara ry’ikigina, iri rikaba ari ibara ritanga amanita mabi.

Abashoramari n’abandi bakora mu rwego rw’imari bazajya babanza barebe niba amafaranga aturuka cyangwa ajya Abuja cyangwa i Pretoria nta cyasha afite.

Bivuze ko na z’Ibigo mpuzamahanga by’imari bigomba kujya bibanza gusuzuma neza niba amafaranga bigiye kuguriza Africa y’Epfo cyangwa Nigeria atazakoreshwa mu buryo buhabanye n’amabwiriza agenwa na cya kigo twanditse haruguru.

Icyakora ubuyobozi bw’iki kigo buvuga ko buri kuvugana na biriya bihugu kugira ngo bikosore ibitagenda neza mu rwego rwabyo rw’imari.

Kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru ntacyo ubuyobozi bw’ibi bihugu byombi bwari bwatangaje ku bikubiye muri iriya raporo.

TAGGED:AfurikaAmafarangafeaturedIterabwobaIyezandonkeNigeria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusuwisi Yatwaye Etape Ya 6, Mugisha Ava Muri Tour Du Rwanda 2023
Next Article Perezida Kagame Yasabye Abaturage ‘Gukomeza’ Gukorana Na Polisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?