Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibikubiye mu Kiganiro Ku Byiza By’u Rwanda Gica Kuri CNN
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibyamamare

Ibikubiye mu Kiganiro Ku Byiza By’u Rwanda Gica Kuri CNN

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 March 2021 5:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bwana Richard Austin Quest amaze iminsi runaka asuye ibyiza by’u Rwanda birimo inka z’Inyambo, gusura ingagi mu Birunga, gusura ingoro ndangamurage w’u Rwanda n’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi.

 Ibi byose ari hafi kuzabitangaza mu kiganiro k’iminota 30  gica kuri televiziyo mpuzamahanga y’Abanyamerika, CNN(Cable News Network).

Iyi televiziyo ikorera muri imwe muri Leta za USA yitwa Atlanta.

Ubwo yasuraga Inka z’Inyambo ziba ahitwa mu Rukari mu Karere ka Nyanza, Bwana Quest yasobanuriwe akamaro kazo  mu muco n’amateka by’Abanyarwanda bo hambere.

Abashinzwe kuyobora no gusobanurira abashyitsi ibyiza by’u Rwanda basobanuriye Bwana Quest akamaro umuganda wagize kandi n’ubu ufite mu guhuza Abanyarwanda, bakarenga ibibatanya bakayoboka ibibahuza.

Ubwo yasuraga Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali yakiriwe n’abakozi baho, ariko atemberezwa kandi asobanurirwa ibyabaye mu Rwanda mbere, mu gihe cya Jenoside na Nyuma yayo n’umuyobozi wa ruriya rwibutso Bwana Honoré Gatera.

Gatera yamubwiye ko kugira ngo abantu bashobore gukumira Jenoside iyo ari yo bisaba ko abatu bumva akamaro ko gukumira icyabiba urwango n’amacakubiri mu bantu.

Mu kiganiro cye kandi Bwana Quest azerekana uko yabonye imideli y’Abanyarwanda ubwo yasuraga ikigo kiyihanga kinayimurika kitwa Rwanda Clothing.

Ni ikigo cyashinzwe na Joselyne Umutoniwase muri 2012.

Umutoniwase yabwiye CNN ati: “ Nzi neza ko iyo hari umuntu uguze umwenda hano akajya mu mijyi nka London, Paris, New York, abawubonye babona u Rwanda kandi mu isura nziza.”

Igice cya nyuma cy’ikiganiro Quest’s World of Wonder cyerekana impamvu ba mukerarugendo bakunda gusura ingagi zo mu Birunga by’u Rwanda.

Abyerekana akoresheje urugero ubwo we na bagenzi be bazamukanga ibirunga bagiye gusura ingagi bayobowe n’uyobora ba mukerarugendo witwa François Bigirimana.

Yabwiye Quest ko yigeze gukorana n’umushakashatsi witwa Diane Fossey wamenyekanye nka ‘Nyiramacibiri.’

Fossey ( Nyiramacibiri) yari umushakashatsi mu bw’ingagi w’Umunyamerikakazi. Yaje mu Rwanda muri 1985 aje kwiga imibereho y’ingagi. Mbere gato y’uko yicwa, yashinze ikigo cy’ubushakashatsi akita Karisoke Research Center.

Bwana Richard Austin Quest nyuma yo gusura ibirunga n’ingagi zabyo yavuze ko yashimishijwe n’ibyo yabonye kandi avuga ko u Rwanda ari igihugu cy’ibitangaza, kigomba guhabwa umwanya mu  biganiro bya CNN.

Ingagi yazisuye
Umutoniwase nawe yeretse Quest imideli ahanga
TAGGED:CNNfeaturedIbirungaIngagiQuestRwandaUmuganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburyo Ibaruwa Ya General Nshimirimana Yatumye Rusesabagina Atangira Gukurikiranwa
Next Article Urubanza Rwa Nkubiri Ruzakomeza Mu Kwezi Gutaha, Hari Ibitumvikanyweho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?