Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibiro By’Ikinyamakuru IGIHE Byahiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibiro By’Ikinyamakuru IGIHE Byahiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2021 7:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibiro by’ikinyamakuru IGIHE cyandika kuri internet byafashwe n’inkongi, yangiza ibintu byinshi birimo ibikoresho byo mu biro n’ibindi byifashishwaga mu kazi ka buri munsi.

Ni ibiro biherereye mu igorofa ya kane mu nyubako imenyerewe nko ‘Kwa Ndamage’, mu Mujyi wa Kigali rwagati ahateganye n’iguriro T 2000.

Ishami rya Polisi rizimya inkongi ryahageze rigerageza kuzimya umuriro ariko bibanza kugorana kubera umwotsi mwinshi, kugeza ubwo ryimuye ibikoresho rigatangira kuzimya riturutse ahategerwa imodoka hazwi nka ‘Downtown.’

Umuriro ngo watangiye ahagana saa tatu z’ijoro ryo kuri uyu wa 12 Nzeri, nk’uko ikinyamakuru IGIHE cyabitangaje.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu itangazo cyasohoye cyagize kiti “Nta muntu wahakomerekeye cyangwa ngo ahagirire ikindi kibazo. Icyateye iyi nkongi ntikiramenyekana ndetse Polisi yatangiye iperereza ryimbitse.”

Cyijeje ko ibyabaye bitari bukome mu nkokora imirimo isanzwe yo gutara no gutangaza inkuru, n’izindi serivisi icyo kinyamakuru gicuruza.

Amakuru avuga ko igice cyose cy’igorofa ya kane ari nayo ya nyuma kuri iriya nyubako cyahiye kigakongoka.

Byabaye abantu benshi batashye, keretse abakozi bageza mu masaha akuze y’ijoro, ari nacyo cyatumye ibikoresho byarokowe muri iyi nyubako biba bike cyane.

Hari amakuru ko iyi nkongi yatewe n’ikibazo kiyanye n’amashanyarazi, ikaba yaratangiriye mu biro by’umuyobozi mukuru wa IGIHE, iza gukwira mu biro byose.

- Advertisement -
Ibiro bya IGIHE biherereye mu nyubako yiswe ‘Kwa Ndamage’
TAGGED:featuredGushyaIbiroIgihe.comUmupolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yongeye Kugaba Ibitero Muri Gaza
Next Article Koreya Ya Ruguru Yongeye Kwereka Amerika Ko Igihagaze Bwuma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?