Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibitaro Byahawe Moto Zo Gufasha Mu Kwita Ku Buzima Bwo Mu Mutwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Ibitaro Byahawe Moto Zo Gufasha Mu Kwita Ku Buzima Bwo Mu Mutwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2024 10:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Izi moto ni 39 zizahabwa abashinzwe ubuzima bwo mu mutwe mu bigo nderabuzima byo mu Turere dutanu
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC cyahawe moto 39 zo kugeza ku bigo nderabuzima  n’ibitaro byo hirya no hino mu Turere dutanu kugira ngo zizafashe abajyanama b’ubuzima kugera ku bafite ubuzima bwo mu mutwe butifashe neza.

Izo moto zaguzwe ku bufatanye na Ambasade ya Suwede mu Rwanda.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko zose zifite agaciro ka Miliyoni Frw 215.

Imibare ivuga ko abantu batuye Intara y’Uburasirazuba -cyane cyane abo mu Karere ka Nyagatare- ari bo bafite ubuzima  bwo mu mutwe butifashe neza kurusha abandi.

Bimwe mu bitera ibi bibazo ni ingaruka zifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi n’intambara byabaye mu Rwanda.

Ibindi ni ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ibisindisha bikomeye, bigira ingaruka ku mitekerereze n’imibare y’abantu n’abandi.

Abantu barenga 40% by’abatuye Umujyi wa Kigali nabo bafite ibibazo byo mu mutwe akenshi bishingira ku mibanire y’abashakanye ikunze kugirwa mibi n’imikoreshereze mibi y’umutungo.

Mu rwego rwo guhangana n’ibi bibazo, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho uburyo butandukanye bwo kwita kubafite ibibazo byo mu mutwe.

Ubujyanama no kubakira abaturage ubushobozi mu by’ubukungu ni bimwe mu bifasha abantu koroherwa mu mitwe yabo, umuhangayiko ukagabanuka.

Abapfakazi n’impfubyi za Jenoside bari mu bibasiwe n’ibibazo byo mu mutwe, ariko n’abana bakomoka ku bakoze Jenoside cyangwa abayikoze nyirizina bagafungurwa nabo ntiborohewe.

Ku bigo nderabuzima byinshi mu Rwanda hashyizwe gahunda yo guha ubufasha abafite ubuzima bwo mu mutwe bumeze nabi.

Mu rwego rwo gufasha Leta muri icyo gikorwa, Umuryango utari uwa Leta witwa InterPeace ufatanyije na Ambasade ya Suwede mu Rwanda bahaye Ikigo cya RBC moto 39 zo guha abajyanama b’ubuzima ngo bagere ku bakeneye ubujyanama mu by’ubuzima bwo mu mutwe.

Umuyobozi w’uyu muryango witwa Frank Kayitare avuga ko basanze kugira ngo iterembere  Abanyarwanda bagezeho rirambe, bisaba ko bagira n’ubuzima bwiza bwo mu mutwe.

Frank Kayitare

Aragira ati: “ Kugira ngo abantu bakore biteze imbere, bagomba kuba bafite n’ubuzima bwo mu mutwe butekanye. Twakoranye na RBC kugira ngo tugeze izi moto ku bigo nderabuzima, zizafashe abashinzwe ubuzima bwo mu mutwe kugera ku bakeneye ubufasha”.

Umukozi muri Ambasade ya Suwede mu Rwanda ushinzwe gutsura umubano witwa Martina Fors Mohlin avuga ko gufasha u Rwanda kwita ku buzima bwo mu mutwe bw’abarutuye ari ingenzi kugira ngo batere imbere ariko no mu mutwe habo hatekanye.

Yemeza ko ibyabaye mu Rwanda byashegeshe Abanyarwanda ariko ko bashobora gukira ibyo bikomere.

Martina Fors Mohlin

Ati: “ Nishimiye gukorana na Leta y’u Rwanda mu guhangana n’ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe butameze neza. Twabahaye na mudasobwa nto bita tablets kugira ngo yaba moto yaba n’izo mudasobwa…byose bifashe abajyanama b’ubuzima kugera ku bagenerwabikorwa bitagoye”.

Moto zahawe ibigo nderabuzima ni izo mu bwoko bwa Yamaha 125 zifite imbaraga zo guterera imisozi.

Zizahita zambikwa plaques za Guverinoma( GR) kuko zabaye umutungo wayo.

Théo Uwayo Principe wari uhagarariye ubuyobozi bw’Ikigo RBC yashimiye abatanze ziriya moto, yemeza ko zizagirira akamaro urwego rw’ubuzima bwo mu mutwe.

Avuga ko ubuzima bwo mu mutwe ari imwe mu ngingo ikigo akorera cyahagurukiye kugira ngo bube bwiza.

N’ikimenyimenyi kuri buri kigo nderabuzima hari umujyanama w’ubuzima ushinzwe kwita ku buzima bwo mu mutwe bw’abakigana.

Théo Uwayo Principe

Abayobozi ba bimwe mu bigo byahawe izo moto bavuga ko zizakoreshwa neza kugira ngo begere abafite ibibazo byo mu mutwe aho bari hose babahe ubufasha.

Abahawe ziriya moto ni abo  mu Karere ka Musanze, Ngoma, Nyabihu, Nyamagabe n’Akarere ka Nyagatare.

Umuryango Interpeace wazitanze usanzwe ufasha Guverinoma y’u Rwanda muri gahunda zitandukanye zirimo n’izo mu rwego rw’ubuzima.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedKayitareKigaliMotoPeaceRwandaUbuzimaUmujyiUmutwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Chorale Hoziana Igiye Gukora Igitaramo Mu Minsi Itatu
Next Article Uburusiya Burashinja Ukraine Kuyirasaho Missiles Yahawe N’Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?