Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibitekerezo Bya Politiki Bya Davido
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Ibitekerezo Bya Politiki Bya Davido

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2024 12:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umuhanzi Davido avuga ko imiyoborere mibi ibangamira amajyambere ya Nigeria
SHARE

Umunya Nigeria wamamaye mu muziki witwa David Adedeji Adeleke, uzwi nka Davido avuga igihugu cye gikeneye ubuyobozi buhamye bufite intego irambye yo guteza imbere abaturage.

Mu kiganiro kitwa Elevate Africa nicyo yabivugiyemo, avuga ko nta terambere ryashoboka nta buyobozi bwiza bubiyoboye.

Ati: “Uyu munsi dukeneye abayobozi beza, icyo ni cyo kintu cy’ingenzi.”

Yavuze ko abaturage b’igihugu cye ari abo gushimirwa ko bakomeje kwihangana mu gihe cyose bamaze bafite ubuyobozi bujegajega.

Gusa yemeza ko hari amajyambere igihugu cye cyagezeho n’ubwo ubuyobozi bwagaragaje intege nke muri icyo gihe cyose.

Davido yavuze ko muri iki gihe ku isi hari gihamya y’ibyakozwe n’Abanyanigeria biturutse ku kwiyemeza no kwishakamo ibisubizo.

yagize ati: “Ndabwira abantu, niba ushobora kubaho imibereho y’i Lagos cyangwa yo muri Nigeria muri rusange ahantu aho ariho hose wahaba. Numva turi abantu bahatanye tukabasha kubaho; turi abantu bafite ubushake bukomeye ”.

Yakomeje agira ati: “Iyo ugiye ahantu hose ku Isi, abantu bose bafite inshuti z’Abanyanigeria. Waba uri Umushinwa cyangwa […] Usanga ufite inshuti z’Abanyanigeria ku Isi hose. Njya gukora ibitaramo hirya no hino, resitora z’Abanyanigeria zirahari ndetse n’imiryango itandukanye ihuza Abanyanigeria nayo irahari. Ibi bigaragaza ko turi imbaraga”.

Kui isi hose kugira ngo amajyambere arambye agerweho, ni ngombwa ko ubuyobozi bw’aho buba bushoboye.

Nigeria iwabo bwa Davido ni igihugu gikize muri Afurika. Kuva cyabona ubwigenge mu myaka myinshi ishize, cyayobowe n’abayobozi bavugwagaho ruswa no kwigwizaho imitungo.

Olusegun Obasanjo niwe bivugwa ko yayibonye mu buryo buzira ruswa nka kimwe mu byaranze imiyoborere ye.

Davido we ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika no mu gihugu cye by’umwihariko.

Tariki 19, Kanama, 2023 nibwo  Davido aheruka mu Rwanda mu iserukiramuco rya Giants of Africa ryitabiriwe kandi n’abandi bahanzi barimo Tiwa Savage na Davido.

Nigeria ni cyo gihugu gituwe n’abaturage benshi muri Afurika kuko kibarirwa abarenga miliyoni 215.

Bavuga indimi 500, kandi usanga umuco wa bamwe utandukanye n’uw’abandi.

Ubwoko bugizwe n’abaturage benshi ni butatu.

Aba Haussa nibo benshi batuye mu Majyaruguru ya Nigeria, Yoruba baba mu Burengerazuba na Igbo biganje mu Burasirazuba, ayo moko yose akaba agizwe na 60% y’ubundi bwoko busigaye.

Bivugwa ko ni Nigeria ari igihugu cya 53 gikize ku isi.

Izina ‘Nigeria’ rikomoka ku izina ry’uruzi rwa Niger ruca rwagati mu gihugu.

TAGGED:AbanyapolitikiAbaturageDavidoPolitikiUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yatangije Ibitero Muri Syria
Next Article Uko Ibiciro Byari Byifashe Mu Ugushyingo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?