Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibya Israel Na Syria Byajemo Kidobya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Ibya Israel Na Syria Byajemo Kidobya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2025 10:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwuka wasubiye kuba mubi hagati ya Israel na Syria kubera ibisasu biva mu Majyepfo ya Syria bikagwa muri Israel. Ibi bisasu byatumye ingabo za Israel nazo zirasa mu bice ibyo bisasu biturukamo mu rwego rwo gusenya aho birunze.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Syria ivuga ko idafite amakuru arambuye ku iterwa ry’ibyo bisasu, ikemeza ko ari ibintu iri gukurikirana neza.

Israel yo yarakaye itangaza ko itazarebera ngo ireke kurasa uwo ari we wese uzashaka gutuma abayituye babaho badatekanye.

Itangazo rya Minisiteri yayo y’ingabo riragira riti: “ Ubutegetsi bwa Syria bugomba kumenya no kwirengera ibibera ku butaka bw’iki gihugu. Ibivayo bikagwa mu gihugu cyacu, bagomba kwirengera ingaruka zabyo”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubuyobozi bwa Syria y’ubu buri hagati nk’ururimi.

Kuva bwahirika Assad, bwatangarije amahanga ko buzakorana neza na Israel kandi bwaranabyerekanye.

Bwafunze ahantu hose intwaro zavaga muri Syria zijya muri Hezbollah zacaga.

Ibi ni ibintu Israel yashimye, ariko ku rundi ruhande hari ibyo ubutegetsi bwa Damascus butarakora ngo binyure ubwa Yeruzalemu.

Muri byo harimo imikoranire na Turikiya, igihugu Israel ifata nk’igishaka kugira uruhare rukomeye mu bibera muri Syria kandi kikaba umwanzi wa Israel ubyemera akanabivugira ku mugaragaro.

- Advertisement -

Mu gukoma mu nkokora imikoranire hagati ya Iran na Syria ya Assad, Israel yagabye ibitero mu bice bitandukanye bya Syria, hagati ya 2013 na 2024.

Nubwo ubuyobozi bushya bwa Syria bwigaragaza nk’ubushaka kubanira Israel, abayobozi bayo ntibayishira amakenga.

Leta zunze ubumwe z’Amerika zihanzwe amaso muri iki kibazo kugira ngo harebwe uko Leta nshya ya Syria yabana neza na Israel bityo ikomeze kubyungukiramo nk’uko byagenze ubwo Misiri na Jordan byasinyaga amasezerano yo kuyibanira neza yiswe Abraham Accords.

Syria iherereye mu Majyaruguru ya Israal ikaba iyiruta mu buso.

Abahanga bavuga ko Syria iruta Israel mu buso inshuro icyenda kuko ifite ubuso bwa Kilometero 187,437 mu gihe Israel yo ifite ubuso bwa Kilometero kare 21,937.

TAGGED:IbisasuIsraelSyriaUmubanoUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Gufungura Ambasade Muri Algeria
Next Article Ifu Y’Ifi: Ubundi Buryo Bwo Kurwanya Indyo Mbi Mu Bana B’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda:Abahanga Bize Uko Ikoranabuhanga Ryakomeza Gukoreshwa Mu Miyoborere

Edgar Lungu Wayoboye Zambia Yapfuye

Impungenge Ku Birayi Byongererewe Ubushobozi Zishire-Umushakashatsi Wa RAB

Trump Yahagaritse Ingendo Ziva Mu Bihugu 12 Zijya Muri Amerika

Nyamagabe Igiye Guhabwa Amazi Ku Bayituye Bose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

DRC: Abasirikare Ku Rugamba Barya Mu Minsi 15 Gusa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Abanyeshuri Ba Kaminuza Nkuru Y’Uburundi Bafitiye Ubwoba Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rugiye Gufungura Ambasade Muri Algeria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ubuzima, Uburezi…Inkingi Z’Umubano W’u Rwanda N’Ubusuwisi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Abanyamakuru Bahawe Umuburo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?