Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2025 6:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu myaka yabanjirije COVID -19, mu bice byinshi by’u Rwanda havugwaga ibyuma byakinirwagaho imikino y’amahirwe byavugwaho kurya abantu amafaranga bigateza impagarara mu miryango. Ese ubu bibahe?

Impagarara byatezaga zaturukaga ahanini ku bagabo babikinaga bakoresheje amafaranga yari buhahire ingo.

Bimaze gusakuza cyane, Leta yarabisuzumye isanga hari n’aba rwiyemezamirimo badakurikiza ibyo basezeranye,  biza gutuma Inama y’Abaminisitiri yanzura ko iyo mikino ihagarikwa.

Umwe mu baturage n’ahitwa Migina, Akagari ka Ramiro mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera yahaye Taarifa Rwanda urugero rw’uko yigeze guhembwa Frw 90,000 biribwa n’ibyo byuma bimuteranya n’umugore we.

Ati: “Urumva ko byari kirimbuzi.”

Siwe gusa kuko n’ahandi mu Rwanda byahavuzwe.

Icyemezo cyo guhagarika iyi mikino y’amahirwe cyafashwe mu mpera za 2022.

Nyuma yo kubihagarika, byaje kuba byinshi hirya no hino mu gihugu kandi nta kindi bizakora bityo bihinduka ikindi kibazo ku bidukijije kuko bikozwe muri pulasitiki n’ubundi bumara.

Nibwo haje igitekerezo cyo kubisenya, ibikoresho bibigize bikanagurwamo ibindi by’ingirakamaro.

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere, RDB, cyaje gukorana n’ikindi kitwa EnviroServe kugira ngo kibe ari cyo kibinagura.

EnviroServe ni ikigo gikorera mu cyanya cy’inganda cya Bugesera cyiyemeje kunagura ibikoresho byose by’amashanyarazi bitagikoreshwa.

Ku byerekeye kunagura ibiryabarezi, habanje gukusanywa 7.200 byakuwe ahanini mu Mujyi wa Kigali kuko havanywe ibigera ku 3000.

Iyo ugeze mu ruganda rubinagura ruri mu Bugesera uhasanga abakozi bahuze bari kubihambura, bagatandukanya intsinga, ibirahure, Pulasitiki, ibyuma n’ibindi.

Abakozi baba batandukanya ibigize ibi byuma kugira ngo bibone uko binagurwa.

Umuyobozi muri RDB ushinzwe gukurikirana iby’imikino y’amahirwe Jacques Habyarimana avuga ko kugira ngo batangire gukusanya ibyo byuma babishingiye ku byemezo by’Inama y’Abaminisitiri.

Jacques Habyarimana

Iyo nama yashingiye ku ngingo y’uko hari bamwe mu bari baratsindiye amasoko yo gucuruza serivisi z’imikino y’amahirwe barenze kubyo basezeranye na Leta.

Mbera Olivier uyobora ikigo EnviroServe avuga ko iyo bamaze gusakuma ibyo byuma bita mu Cyongereza Slot Machines byo mu Mujyi wa Kigali no mu Burasirazuba babizana kubinagura.

Intego y’iki kigo ni ukurengera ibidukikije

Ati: “Tumaze kubona ko bitacyemewe kandi birimo ibinyabutabire, twabikuye mu baturage tubizana hano turabishwanyaguza tubikuramo ibikoresho birimo ubumara. Iyo tubiseye tubikuramo ubwo bumara, ibisigaye birimo utwuma tuba mu ntsinga nka Aluminum na Copper twongera kubisubiza mu nganda zikabigura bigakorwamo ibyuma bikoreshwa mu bwubatsi, intsinga n’ibindi.”

Copper na Aluminium ni twa twuma tuba mu ntsinga ducamo amashanyarazi.

Udutsinga tuvanwa mu ntsinga z’uturyabarezi

Mbera Olivier avuga ko basanze kubinagura byarinda abaturage guhumanywa n’ibinyabutabire bibirimo.

Pulasitiki igize izo mashini barayisya, ibiyivuyemo bikazakorwamo ibindi bikoresho.

Olivier Mbera aganira n’itangazamakuru

Mu Ukwakira, 2022 nibwo Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda yatangaje ko iby’iyo mikino y’amahirwe bihagaritswe kubera akajagari kari kamaze kugaragara mu bikorwa by’imikino y’amahirwe, aho hari benshi ‘bakoraga nta mpushya’ n’abazifite bakazikoresha binyuranyije n’amategeko.

Amafoto: Taarifa Rwanda 

TAGGED:BugeserafeaturedIbiryabareziImashiniIntsingaMberaMinisiteriUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga
Next Article Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Nyuma Y’Imyaka Babana, Sonia Rolland Yakoze Ubukwe Ashagawe N’Abakobwa Be

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Yabwiye UN Ko Igihe Kigeze Afurika Igahagararirwa Mu Kanama Kayo K’Umutekano

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Urubyiruko Mu Rwanda Ruranywa Itabi Ku Rugero Runini

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

You Might Also Like

IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hatangijwe Ihuriro Ry’Abashoramari Bo Mu Bwongereza Bakorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Ivuga Ko Isiganwa Rya UCI Ryasukuye Ikirere Cya Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukunguUmutekano

RIB Yavumbuye Amayeri Akomeye Bakoresha Biba Amadolari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?