Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo U Rwanda Ruteganya Gufasha Commonwealth Mu Kurwanya Ruswa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibyo U Rwanda Ruteganya Gufasha Commonwealth Mu Kurwanya Ruswa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 May 2022 2:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gutorerwa kuyobora Ihuriro ry’ibihugu 18 by’Afurika biri mu bufatanye bwo kurwanya ruswa muri Commonwealth, u Rwanda ruvuga ko ruzafasha mu gutuma  rigira urubuga rwa murandasi n’iteganyabikorwa rihamye.

Umuvunyi mukuru w’u Rwanda Madamu Nirere Madeleine yavuze ko kuba ririya Huriro nta rubuga rwa murandasi rwagira ga byatumaga ibihugu birigize bitabonaga aho biganirira ngo bihane amakuru kuri ruswa.

Ikindi anenga ariko, ku rundi ruhande, avuga ko u Rwanda ruzafashamo ni ugushyiraho iteganyabikorwa.

‘Action Plan’ ni ingenzi kugira ngo ibintu byose bigerweho ku gihe kandi nk’uko byateguwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iteganyabikorwa u Rwanda rugomba gukora ni irizarufasha kugera ku ntego rwihaye mu gihe cy’umwaka rugiye kuyobora ririya huriro.

Nirere ati:“Muri uyu mwaka tuyoboye tuzagira amahugurwa y’inzego zose, tuzahugura ab’Inteko Ishinga Amategeko, mu Bushinjacyaha, Ubugenzacyaha, abo mu Butaka, ziriya nzego zose ari izishinzwe gukurikirana ibya ruswa ndetse no kuyirwanya, ariko na none zikora ku mafaranga ya Leta cyangwa ay’abandi kuko na Banki zizamo, ni uko tuzabikora kandi turibwira ko bizatanga umusaruro mwiza.”

U Rwanda rugiye kuri uyu mwanya rusimbuye  rwasimbuye Uganda yari imaze igihe cy’umwaka iyobora iryo huriro.

Umuvunyi mukuru w’u Rwanda Madamu Nirere Madeleine

Uwari uhagarariye Uganda muri ubu buyobozi witwa Beti Kamya-Turwomwe avuga ko imbogamizi yahuye nazo zikomeye kurusha izindi ari ikibazo cy’abantu biba amafaranga mu gihugu cyabo kavukire bakimukira mu kindi kitaruye.

Ngo barayiba bakajya kuyahisha kuri Konti zo mu bindi bihugu.

- Advertisement -

Amatora y’inzego z’ubuyobozi zishinzwe kurwanya ruswa mu bihugu bya Afurika bihuriye muri Commonwealth yabaye tariki 06 Gicurasi 2022.

Ni igikorwa cyabaye nyuma y’inama y’iminsi ine yahuzaga ibihugu bya Commonwealth yari igamije kurebera hamwe uko ruswa yakomeza kurwanywa muri ibi bihugu.

Ibihugu 18 nibyo byitabiriye iyi nama iri mu zindi zizabera mu Rwanda mbere y’uko inama nkuru ya Commonwealth iba.

Abitabiriye iriya nama bageze ku myanzuro irimo iy’uko ibihugu bigomba gushyira ingufu mu ikoranabuhanga, abayobozi babyo bakamenyekanisha imitungo n’aho yavuye kandi n’ikurikiranacyaha rigasobanuka mu mategeko.

Abanyarwanda babwiye bagenzi babo ko n’abo bagombye gushyira mu mategeko yabo ko icyaha cya ruswa kiri mu byaha bidasaza.

Hari ibihugu bimwe na bimwe icyaha cya ruswa gihanishwa imyaka itanu nyuma yayo kigasaza k’uburyo umuntu ashobora kugenda nyuma yayo akagaruka ntakurikiranwe.

Ikindi abitabiriye iyi nama bifuje ko kizafatwaho umwanzuro n’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bazitabira inama ya CHOGM iteganyijwe muri Kamena, ni uko mu itangazo ryabo bagira icyo biyemeza ku bijyanye no kurwanya ruswa.

Undi mwanzuro ni uwo kugaruza umutungo wa Afurika wagiye unyerezwa n’abantu ukajyanwa hanze y’ibihugu.

Ku wa Kabiri ubwo yatangizaga ku mugaragaro iriya  Nama, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente, yavuze ko ruswa igira ingaruka zikomeye ku batuye isi.

Ati: “Raporo zinyuranye zagaragaje ko buri mwaka Isi ihomba arenga miliyari 1000$ kubera ruswa. Ibi bigira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abaturage bacu. Iki kiguzi kiri hejuru cyane kandi gikomeje gusubiza inyuma imiryango yacu, kuko ruswa ihungabanya ubukungu ikanadindiza ishoramari”.

Umugabane wa Afurika buri mwaka utakaza miliyali zirenga 50 $ kubera ruswa mu micungire y’imari.

Hagati y’umwaka wa 1980 na 2018, Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara yakiriye inkunga ndetse n’ishoramari bifite agaciro ka miliyali zigera hafi ku bihumbi bibiri by’amadorali, ariko arenga miliyali 1300 $ yose akaburirwa irengero.

Ni amafaranga yashobora gukura  mu bukene abaturage benshi b’Afurika.

TAGGED:CommonwealthfeaturedNirereRuswaRwandaUgandaUmuvunyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngaruko Kelly: Miss Burundi 2022
Next Article Amashusho Y’Indirimbo Ya Riderman N’Uwo Yashinze Ibisumizi Yasohotse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?