Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyifuzo Cy’Uhagarariye DRC Muri EALA Cyanzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Icyifuzo Cy’Uhagarariye DRC Muri EALA Cyanzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 June 2023 6:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umudepite uhagarariye Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu Nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba yahagurutse avuga ko agiye kugitanga igitekerezo cye mu Giswayili. Ni nyuma y’uko Icyongereza cyari kimubanye gike.

Yashakaga kugira icyo avuga ko gitero giherutse kugabwa muri Uganda kica abantu barenga 40 biganjemo abanyeshuri.

Kubera ko atari azi neza Icyongereza, iyo ntumwa ya rubanda rwo muri DRC yasanze iramutse ikoresheje Igiswayili ari bwo igitekerezo cyayo cyakumvikana neza.

Icyakora bamwe muri bagenzi be banze icyo cyifuzo, bavuga ko ururimi rwemewe gukoreshwa mu Nteko y’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba ari Icyongereza.

Uyu muryango ugizwe na Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Uganda, Tanzania, u Rwanda, u Burundi, Sudani y’Epfo na Kenya.

Madamu Dorothée Masirika Nganiza wo muri DRC yari atangiye kugira icyo avuga ku bwicanyi buherutse gukorerwa mu ishuri twavuze haruguru ariko Icyongereza kiramukamana!

Yasabye ko yakireka agakoresha Igiswayile. Byahise bihinduka ingingo y’impaka ndende.

Gabriel Alaak Garang uhagarariye Sudani y’Epfo yahagurutse ari uwa mbere avuga ko asanzwe azi ko Icyongereza ari rwo rurimi rukoreshwa mu Nteko ishinga amategeko ya EALA.

Garang ati: “…Icyongereza nirwo rurimi nzi ko rukoreshwa muri iyi Nteko. Abataruzi bagombye kureba ukundi babigenza…”

Yunzemo ko Igiswayire kiramutse cyemewe muri EALA ngo ni uko bisabwe n’umuntu utuye igihugu kitazi neza Icyongereza, Sudani y’Epfo nayo yasaba ko hakoreshwa Icyarabu.

François Rutazana uhagarariye u Rwanda yabwiye mugenzi we wo muri DRC ko akwiye gukora uko ashoboye agakoresha Icyongereza kugira ngo asobanure igitekerezo cye ku ngingo ikomeye yigwagaho.

Umudepite uhagarariye Uganda witwa Mary Mugyenyi we yaje ashyigikira ko Umudepite uhagarariye DRC yahabwa amahirwe akavuga mu rurimi rumworoheye kugira ngo ashobore kumvikanisha neza igitekerezo cyose.

Mugyenyi yaboneyeho gusaba ubuyobozi bwa EALA gukora uko bushoboye bugashyira ikoranabuhanga rihindura indimi mu nyubako Abadepite bakoreramo kugira ngo Icyongereza kijye gihindurwa mu Giswayile ndetse n’Igiswayile bigende uko.

Nyuma y’izo mpaka, Perezida w’iyi Nteko witwa Joseph Ntakirutimana( akomoka mu Burundi) yafashe ijambo abwira abari aho ko amategeko agenga EALA ategeka ko ibiganiro cyangwa impaka ziyiberamo bikorwa mu Cyongereza.

The Nation yanditse ko nyuma y’impaka ndende, byaje kwanzurwa ko ibiganiro bikomeza mu Cyongereza.

Mu Nteko ishinga amategeko ya EALA hamaze iminsi hari impaka zo kureba niba Igiswayili kitahabwa umwanya ukomeye mu biganiro biyikorerwamo.

Bamwe bavuga ko Igiswayili kirengagijwe kandi ari ururimi rufite ijambo muri Afurika y’Uburasirazuba kuko ibyinshi mu bihugu biyigize bifite abaturage bakizi  n’ubwo atari ururimi ruvugwa n’abatuye buri gihugu.

Igiswayili kiri mu ndimi mu Kilatini bita ‘lingua franca’.

TAGGED:AbadepiteEALAfeaturedIcyongerezaIgiswayileIntekoUmudepite
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igitutu Gitumye Umujyi wa Kigali Ukorera Kigali Péle Stadium Umuganda Rusange
Next Article Gen Kabarebe Yasuye Ingabo Z’u Rwanda Ziri Muri Mozambique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?