Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo FERWACY Ivuga Ku ‘Ibura’ Rya Mugisha Samuel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Icyo FERWACY Ivuga Ku ‘Ibura’ Rya Mugisha Samuel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2022 3:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
UCI Road World Championships Innsbruck Men U23 ITT Samuel Mugisha
SHARE

Hashize iminsi micye mu itangazamakuru havugwa ko Umunyarwanda wamamaye mu gutwara igare witwa Samuel Mugisha ‘yaburiwe irengero.’

Asanzwe akinira ikipe yo muri Afurika y’Epfo yitwa ProTouch Cycling Team.

Iby’uko yaburiwe irengero byatangiye kuvugwa Taliki 04, Nzeri, 2022 ubwo bagenzi be bavugaga ko telefoni ya Mugisha itari ku murongo.

Nyuma yo gukwiza iyo nkuru, bimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda byahaye inkuru zabyo imirongo ivuga ko Mugisha Samuel yaburiwe irengero.

Icyo gihe yari yagiye muri

yaba yaraburiye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika mu irushanwa rya ‘Maryland Cycling Classic’.

Ubwo ikipe ye (ProTouch Cycling Team) yageraga ku kibuga cy’indege cya Dallas, ngo yahise abura.

Amakuru avuga ko kuva uwo munsi Mugisha ataraboneka kandi ngo ajya kubura, yajyanye n’ibikoresho by’ikipe ye birimo igare ndetse ngo yari afite na $20,000.

Perezida wa FERWACY ati: “ Ni gute uvuga ko umuntu ufite Visa y’iminsi 90 yaburiwe irengero?”

Murenzi Abdallah

Taarifa yabajije Perezida wa FERWACY Bwana Murenzi Abdallah iyo avuga ku bimaze iminsi bivugwa ko Mugisha Samuel wigeze kwegukana Tour du Rwanda yaba yaraburiwe irengero, avuga ko mu by’ukuri nka FERWACY, ikibazo cya Mugisha bacyumvise ariko abagira icyo bakivugaho cyane ari abakoresha be ni ukuvuga abo mu ikipe ya ProTouch Cycling Team.

Ku rundi ruhande, Abdallah Murenzi avuga ko kuvuga ko Samuel Mugisha yaburiwe irengero byaba ari uguhubuka kuko ari muri Amerika mu buryo bukurikije amategeko kuko afite visa y’iminsi 90.

Ati: “ Kuvuga ko Mugisha yaburiwe irengero kandi ari mu gihugu cy’amahanga mu buryo bwemewe n’amategeko nsanga byaba ari ukwihuta. Nibategereze iminsi ya visa ye irangire hanyuma bigaragare ko atasubiye aho yaturutse bityo kuvuga ko yaburiwe irengero bigire ishingiro.”

Abdallah Murenzi avuga ko Mugisha yagiye muri Amerika ajyanye n’ikipe ye kandi ko byari mu buryo bukurikije amategeko.

Ngo ibya Mugisha ni ukubihanga amaso, iminsi igenwa na Visa ye ikabanza ikarangira.

Nyuma y’uko abo bari kumwe bamubuze, Ikipe ya ProTouch yavuze ko amashusho yafashwe na camera zifotora ibibera aho ku kibuga cy’indege (CCTV) yerekana Mugisha Samuel anyura aho bagenzurira za pasiporo nyuma ahita agenda yinjira mu modoka yari irimo abantu bigaragara ko ‘yari azi neza.’

TAGGED:AmerikaFERWACYIsiganwaMurenzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Murumuna Wa Riderman Nawe Yatangiye Umuziki
Next Article Afurika Ifite 60% By’Ubutaka Bwera Ariko Budahingwa, Bigatuma Isonza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?