Idosiye Y’Umunyamakuru Nkundineza Yageze Mu Rukiko

Ubushinjacyaha bwatangaje ko dosiye iregwamo Umunyamakuru wigenga,

Umunyamakuru Nkundineza Jean Paul ukurikiranyweho gutukana mu ruhame,guhohotera uwatanze amakuru ku byaha, guhoresha ibikangisho n’icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha idosiye ye yaregewe Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Ubushinjacyaha buvuga ko ibyo bumurega yabikoze mu bihe bitandukanye yifashishije YouTube aho yatukaga uwatanze ubuhamya ku byaha kandi akamutera ubwoba.

RIB yari yagejeje ku bushinjacyaha idosiye ya Jean Paul Nkundineza taliki 23, Ukwakira, 2023.

Ubushinjacyaha nabwo bwihutiye kuyisuzuma none bwaraye buyigejeje ku rukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge, igisigaye kukaba kuzamenya italiki y’urubanza rwe.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko ibyaha yaregewe Urukiko bitahindutse, ahubwo ari bine nk’uko iperereza ry’ibanze rya RIB ryabigaragaje.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version