Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igiciro Cy’Ibikomoka Kuri Petelori Cyagabanutseho Make
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Igiciro Cy’Ibikomoka Kuri Petelori Cyagabanutseho Make

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 February 2024 7:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ushingiye ku giciro cyashyizweho na RURA, uhita ubona ko litiro ya essence yagabanutseho Frw 3 kuko yari isanzwe igura Frw 1,639, ariko guhera taliki 12, Gashyantare, 2024 izagura 1,637 mu gihe mazout yo yagabanutseho Frw 3 kuko yari isanzwe igura Frw 1,635 ariko igiye kugura Frw 1,632.

RURA itangaza ko iri gabanuka rigomba gutangira gukurikizwa kuri uyu wa Mbere taliki 12, Gashyantare, 2024 mu gihugu hose.

Ibiciro biri ho ubu byari byarashyizweho taliki 05, Ukuboza, 2023, n’aho ibyaraye bigenwe na RURA bizavugururwa nyuma y’amezi abiri.

Igabanurwa cyangwa iyongerwa ry’ibiciro by’ibikomoka kuri petelori biterwa ahanini n’uko akagunguru kayo kaba gahagaze ku isoko mpuzamahanga.

Nk’ubu ikinyamakuru Business Insider cyanditse ko ibiciro by’ibikomoka kuri petelori biri kugabanuka muri rusange kubera ko n’Abanyaburayi bakeneraga gazi nyinshi( nayo ni igikomoka kuri petelori) bavuga ko ikirere cyabo kitakonje cyane ngo batumize nyinshi.

Itangazo ry’ibiciro bishya

Ibi bituma ibikomoka kuri petelori biboneka ari byinshi bituma bikwirakwizwa n’ahandi ku isi, igiciro muri rusange kiragabanuka.

Ku byerekeye u Rwanda, igiciro cya essence na mazout cyaherukaga kugabanuka ku kigero gishimishije mu Ukwakira, 2023 kuko cyagabanutseho Frw 183.

Nyuma ariko cyaje kugabanukaho andi make ugereranyije n’ayabanje kuko yariFrw 1,639 nk’uko RURA yari yabitangaje mu Ukuboza, 2023.

Kugeza ubu imbonerahamwe yerekana uko igiciro cy’akagunguru ka essence  kimeze ku isi yitwa West Texas Intermediate ivuga ko gahagaze $76.46 ku kagunguru kamwe.

TAGGED:EssencefeaturedIgiciroPeteloriRURA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze:Umurinzi W’Igihango Yasabye Urubyiruko Kumwigiraho
Next Article Abagabo Bo Muri Ngoma Bata Ingo Kubera Inkoni Z’Abagore
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?