Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igiciro Cy’Ibikomoka Kuri Petelori Cyagabanutseho Make
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Igiciro Cy’Ibikomoka Kuri Petelori Cyagabanutseho Make

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 February 2024 7:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ushingiye ku giciro cyashyizweho na RURA, uhita ubona ko litiro ya essence yagabanutseho Frw 3 kuko yari isanzwe igura Frw 1,639, ariko guhera taliki 12, Gashyantare, 2024 izagura 1,637 mu gihe mazout yo yagabanutseho Frw 3 kuko yari isanzwe igura Frw 1,635 ariko igiye kugura Frw 1,632.

RURA itangaza ko iri gabanuka rigomba gutangira gukurikizwa kuri uyu wa Mbere taliki 12, Gashyantare, 2024 mu gihugu hose.

Ibiciro biri ho ubu byari byarashyizweho taliki 05, Ukuboza, 2023, n’aho ibyaraye bigenwe na RURA bizavugururwa nyuma y’amezi abiri.

Igabanurwa cyangwa iyongerwa ry’ibiciro by’ibikomoka kuri petelori biterwa ahanini n’uko akagunguru kayo kaba gahagaze ku isoko mpuzamahanga.

Nk’ubu ikinyamakuru Business Insider cyanditse ko ibiciro by’ibikomoka kuri petelori biri kugabanuka muri rusange kubera ko n’Abanyaburayi bakeneraga gazi nyinshi( nayo ni igikomoka kuri petelori) bavuga ko ikirere cyabo kitakonje cyane ngo batumize nyinshi.

Itangazo ry’ibiciro bishya

Ibi bituma ibikomoka kuri petelori biboneka ari byinshi bituma bikwirakwizwa n’ahandi ku isi, igiciro muri rusange kiragabanuka.

Ku byerekeye u Rwanda, igiciro cya essence na mazout cyaherukaga kugabanuka ku kigero gishimishije mu Ukwakira, 2023 kuko cyagabanutseho Frw 183.

Nyuma ariko cyaje kugabanukaho andi make ugereranyije n’ayabanje kuko yariFrw 1,639 nk’uko RURA yari yabitangaje mu Ukuboza, 2023.

Kugeza ubu imbonerahamwe yerekana uko igiciro cy’akagunguru ka essence  kimeze ku isi yitwa West Texas Intermediate ivuga ko gahagaze $76.46 ku kagunguru kamwe.

TAGGED:EssencefeaturedIgiciroPeteloriRURA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze:Umurinzi W’Igihango Yasabye Urubyiruko Kumwigiraho
Next Article Abagabo Bo Muri Ngoma Bata Ingo Kubera Inkoni Z’Abagore
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?