Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igikururira Umubu Kukuruma Nijoro Si Amaraso Ubwayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Igikururira Umubu Kukuruma Nijoro Si Amaraso Ubwayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 February 2022 12:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwo ari we wese wabaye mu gace kabamo imibu, azi ukuntu itesha abantu umutwe, ikababuza gusinzira. Imibu ibuza umuntu gusinzira ishaka amaraso ariko abahanga basanze ibifashwamo n’andi mayeri benshi tutari tuzi:Amabara asohorwa n’ubushyuhe bw’uruhu rwacu iyo duhumeka mu ijoro.

Iyo umubu uduhiriye mu gutwi kw’iburyo ukawiyama, rimwe, kabiri, gatatu… ukanga ukagaruka, uhitamo guhindukira ariko nabwo ntucika intege ahubwo uragukurikira nabwo ugakomeza kuduhira.

Muri iyi ntambara y’umuntu n’umubu, iyo umubu utahasize ubuzima, uwo ushaka kurya uramuhangayikisha bigatuma ahumeka cyane kubera ko aba ari mu kazi ko kuwirukana ibi bigatuma amaraso ye yihuta.

Mu kwihuta rero nibwo umubiri w’umuntu usohora utuntu twagereranya n’udushashi duto tuzamurwa n’umwuka wa C02 aba ari gusohora, utwo dushashi tukaza dutukura, bityo umubu ukaba wabonye ko runaka afite amaraso, ukaza kumuruma.

Ibi bishatse kuvuga ko umubu udashobora kuruma umuntu utinyagambura.

Umuntu ashobora kutinyagambura kubera impamvu nyinshi zirimo kuba yapfuye, kuba ari muri koma cyangwa yatewe ikinya gifata igice cyo hejuru cy’ubwonko umuntu ntiyinyagambure.

Abahanga bo muri Kaminuza yitwa University of Washington bavuga ko umubu ukunda amabara akurikira:

Umutuku, Orange, Umukara n’ibara ry’icyatsi cyerurutse mu Cyongereza bita Cyan color.

Ku rundi ruhande, umubu ntujya ushamadukira ibara ry’icyatsi kibisi, ibara ry’ubururu cyangwa umweru.

Umubiri w’umuntu muzima ugira uburyo usohora utuntu twagereranyije n’udushatsi dufite amabara y’umutuku uvanze n’ibara rya orange bigatuma umubu umenya ko runaka ari muzima, ko afite amaraso bityo ko ayo maraso ukwiye kuyanywa.

Ibi byemezwa n’umuhanga mu binyabuzima wo muri Kaminuza ya University of Washington witwa Jeffrey Riffell.

Ubumenyi mu kumenya amabara akurura n’amabara adakurura umubu, bizafasha abakora ibinyabutabire byica cyangwa byigizayo imibu kubikora neza kandi mu buryo bizagira akamaro karambye.

Ubundi imibu ngo ikururwa n’ibindi bitatu bikuru:

Umwuka uhumeka, ubushyuhe bw’umubiri wawe n’icyuya cyawe. Hejuru y’ibi hiyongereyeho ibara ry’umutuku.

Abahanga bazi ko imibu y’ingore ari yo inywa amaraso gusa kandi koko niko biri.

Na wa mubu utera malariya nawo ni ingore!

Bawita Anopheles.

Kugira ngo abahanga bashobore kumenya impamvu zituma imibu ikunda ibintu bitukura, bafashe umubu witwa Aedes Aegypti bawushyira ahantu bacunga uko witwara mu mabara atandukanye.

Uyu mubu usanganywe ubushobozi bwo gutera indwara zikomeye zirimo iyitwa Zika( ni indwara ituma umugore utwite abyara umwana ufite umutwe wanyunyutse), indwara bita chikungunya, dengue, mugiga n’izindi.

Ikindi abahanga babonye ni uko amabara atangana mu biyagize.

Ibigize ibara ritukura ni binini ugereranyije n’ibigize ibara ry’ubururu.

Umuntu abona ibara ritukura ku ngano ya nanometers 650 mu gihe abona ibara ry’ubururu ku ngano ya nanometers 450.

Ubu bushakashatsi ku mpamvu zituma umubu ukubona kandi mu ijoro bwatangajwe mu kinyamakuru kitwa Nature Communications.

Ariko se imibu ipfuye igashira ku isi ingaruka zaba izihe?

Kubwira umuntu waraye atagohetse cyangwa ukirutse malaria yatewe na Anopheles, ukamubwira ko umubu ufite akamaro bishobora kutamushimisha!

Kutishima kwe ariko ntukubuza ko hari akamaro kanini imibu ifitiye urusobe rw’ibinyabuzima.

Imibu ifasha mu gutuma ibimera bibangurirwa kuko uko igenda iva ku giti kimwe ijya ku kindi niko ihimurira intanga ngabo zigasanga intanga ngore bityo ikagira uruhare mu kubangurira ibimera.

Ikindi ni uko n’ubwo imibu ibuza abantu gusinzira ibashakamo amaraso kugira ngo ibeho, nayo ubwayo ni ikiribwa cy’agaciro kanini ku bindi binyabuzima birimo ibikeri, uducurama, inyoni n’ibindi bikururanda.

Ibinyabuzima bituye isi bifite imikoranire ya hafi k’uburyo hagize ubwoko bw’ikinyabuzima gicika ku isi, byagira ingaruka zikomeye ku bindi binyabuzima bisigaye.

Imibu iramutse icitse ku isi, hari ubwoko bw’inyoni zari zitunzwe nayo nabwo bwacika kandi inyoni ziri mu bituma ibimera duhinga cyangwa byimeza bikura.

Izi ni ingingo zikubiye muri imwe mu nyandiko ya National Geographic Journal, iki kibaka ari ikinyamakuru cy’Ikigo cy’Abanyamerika cyamamaye mu kugira abahanga bakomeye ku isi.

TAGGED:AbahangafeaturedimibuKaminuzaMalaria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amakosa Atanu Yakozwe Agashora U Rwanda Mu Ntambara
Next Article Ray Parlour Na Robert Pires Bari Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?