Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igipimo Cy’Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Baba Mu Mahanga Ntikizwi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Igipimo Cy’Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Baba Mu Mahanga Ntikizwi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2021 2:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo  Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge yagezaga ku banyamakuru ubushakashatsi bakoze ku gipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda, Umunyamabanga nshingwabikorwa wayo Fidel Ndayisaba yashubije umunyamakuru wa Taarifa ko batazi uko byifashe mu Banyarwanda baba hanze yarwo.

Bwari ubushakashatsi bukozwe ku nshuro ya gatatu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Ubwaherukaga gukorwa bwakozwe muri 2015, icyo gihe ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwada bwari ku kigero cya 92.5% ariko umwaka ushize warangiye buri ku gipimo cya 94.7%.

Mu mwaka wa 2010, ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda bwari kuri 82.3%.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu mwanzuro wanditse mu gitabo gikubiyemo iriya raporo handitse ko u Rwanda rukomeje kwihuta mu rugendo rw’ubwiyunge ariko ngo nta kwirara.

Igereranya ry’uko ubumwe n’ubwiyunge buhagaze guhera muri 2010 kugeza muri 2020

Uvuga ko ibyavuye muri buriya bushakashatsi byerekana ko hari intambwe ifatika mu guhuza Abanyarwanda no kubunga.

Bimwe mu bintu iriya Komisiyo ivuga ko yasanze byaragize uruhare mu kunga Abanyarwanda harimo gahunda y’ubwishingizi bw’ubuzima ifite uruhare rwa 93%, Buruse ya Perezida wa Repubulika, iyi ikaba yari ifite 99.0%( kuri iyi nshuro ntacyo babonye), ibirango by’igihugu, kuvanga ingabo n’ibindi.

N’ubwo Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge ivuga ko intambwe yatewe ari nziza, kandi bikaba binagaragara mu mibare, Taarifa yabajije Umunyamabanga nshingwabikorwa wayo Bwana Fidel Ndayisaba niba hari imibare bafite yerekana uko ubumwe n’ubwiyunge bimeze mu Banyarwanda baba hanze yarwo, asubiza ko ntayo.

Yavuze ko ubushakashatsi bamuritse kuri uyu wa Kane tariki 22, Mata, 2021 bwakorewe mu Rwanda gusa.

- Advertisement -

Ati: “ Mu magambo make, ubu bushakashatsi twabukoreye ku Banyarwanda baba mu Rwanda. Ntabwo twigeze dukorera ku Banyarwanda baba hanze.”

Kuba nta mibare yerekana uko Abanyarwanda baba hanze babanye mu bumwe no mu bwiyunge bishobora kuba imwe mu mpamvu ituma hari bamwe muri bo bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ku mugaragaro, bamwe mu baba mu Rwanda bikabatangaza!

Abenshi babikorera ku mbuga nkoranyambaga(Twitter, Facebook, YouTube n’ahandi).

Fidel Ndayisaba avuga ko n’ubwo Abanyarwanda baba hanze batarakorerwaho ubushakashatsi ngo hamenywe uko babanye mu buryo butaziguye, ariko ibisubizo bahawe n’ababa mu Rwanda byabahaye isura rusange y’uko ababa mu mahanga babanye.

Kuri we ngo kuba hari gahunda zimwe zireba Abanyarwanda baba mu Rwanda ariko bakazihuriramo n’ababa mu mahanga, bitanga ishusho y’uko abo mu mahanga babanye.

Yatanze urugero rwa Rwanda Day n’izindi.

TAGGED:AmahangafeaturedKomisiyoNdayisabaRwandaUbumweUbwiyunge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubwiyunge Mu Rwanda Bugeze Kuri 94.7 % : Ubushakashatsi
Next Article Barundikazi Ntimukipfobye- Madamu Angélique Ndayishimiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?