Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igishoro Gike N’Ikoranabuhanga Rike Bibangamira Umurimo- Min Bayisenge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Igishoro Gike N’Ikoranabuhanga Rike Bibangamira Umurimo- Min Bayisenge

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 May 2024 9:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Prof.Jeannette Bayisenge ushinzwe abakozi n’umurimo avuga ko ibura ry’ikoranabuhanga mu mirimo itandukanye ndetse n’igishoro kidafatika biri mu by’ibanze bidindiza umusaruro w’abakozi mu Rwanda.

Aho ibi bibazo bigira ingaruka cyane ni mu ihangwa ry’umurimo mu rubyiruko kuko rusanzwe n’ubundi nta mikoro rugira.

Kuba ari rwo rwinshi kandi rukaba rudafite akazi karwinjiriza( kaba karahanzwe n’abandi cyangwa ari urubyiruko ubwarwo) bidindiza ubukungu, bityo bikaba ikibazo gikomeye.

Minisitiri Prof. Jeannette Bayisenge yabwiye itangazamakuru ko bigaragara ko ikoranabuhanga rike kandi rito rikiri ikibazo ku musaruro uva mu byo abantu bakora.

Ati: “ Iyo urebye aho isi igeze, ubona ko ikoranabuhanga ryavuye muryo dusanzwe tuzi rikoresha mudasobwa na telefoni zizi ubwenge ahubwo rigera no mu buhinzi, ubuvuzi n’ahandi. Bivuze ko ikoranabuhanga ari moteri y’imikorerwe myiza y’akazi ako ari ko kose kandi kurikoresha nanone bibera urubyiruko imbarutso y’iterambere kuko ryihutisha akazi”.

Kuba rikiri rike mu mikorere ya buri munsi y’abakozi mu Rwanda no mu rubyiruko by’umwihariko ni imbogamizi nini ku majyambere y’igihugu.

Imari yo gushora nayo ni ikindi kibazo.

Bayisenge avuga ko kubura imari yo gushora ari imbogamizi ikomeye kuri benshi mu Banyarwanda.

Mu mwaka wa 2023 mu Rwanda hahanzwe imirimo 235,332 ariko ngo siyo yari igamijwe kuko hari igera ku 150,000 itarahanzwe.

Kuba bitarakozwe ni ikintu Bayisenge avuga ko kigomba gukosorwa mu gihe kiri imbere, bigakorwa ku bufatanye n’abikorera ku giti cyabo kandi bikazagerwaho binyuze no mu guha urubyiruko ubumenyi n’ikoranabuhanga bihagije ngo rutange umusaruro.

Hagati aho Guverinoma y’u Rwanda ifite intego yo guhanga imirimo ku rubyiruko rwinshi,  bikazakorwa ku bufatanye na Guverinoma ya Luxembourg, ingengo y’imari izabigendaho ikazaba ari miliyoni Є 4 azakoreshwa guhera mu mwaka wa 2024 kuzageza mu mwaka wa 2027.

Ugenewe urubyiruko rufite hagati y’imyaka 16 n’imyaka 30 rutuye muri Kigali no mu Mijyi yunganira Kigali.

Ishyirwa mu bikorwa by’uyu mushinga rizagirwamo uruhare n’izindi Minisiteri nk’iy’uburezi, iya ICT na Inovasiyo.

Ubwo kandi niko n’ibigo nka Rwanda TVET Board, Rwanda Polytechnique n’Inama nkuru y’uburezi, Higher Education Council,  bizabigiramo uruhare mu gutegura integanyanyigisho zo gutuma abo bana bamenya byinshi bizabagirira akamaro mu mirimo bazahanga.

U Rwanda ruteganya ko mu mwaka wa 2035 ruzaba rufite abakozi 100,000 biyongera kubo rusanganywe kandi bakazaba bafite ubumenyi nyabwo ku murimo bazaba barahisemo gukora.

Hari n’umushinga w’uko muri uwo mwaka u Rwanda ruzaba rufite abakozi bari hagati ya miliyoni 3.3 na miliyoni 3.4 bafite ubumenyi nyabwo mu gukoresha ikoranabuhanga mu byo bakora birimo ubuhinzi, ubucuruzi n’ikoranabuhanga mu itumanaho.

TAGGED:BayisengefeaturedIkoranabuhangaMinisitiriUmurimoUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Abataramenyekana Batwitse Imodoka Y’Abarwayi
Next Article Nyuma Y’Imyaka Icyenda Police FC Yisubije Igikombe Cy’Amahoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?