Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igitaramo Rose Muhando Yifatanyijemo N’Abahanzi Nyarwanda Cyajemo Kidobya!
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Igitaramo Rose Muhando Yifatanyijemo N’Abahanzi Nyarwanda Cyajemo Kidobya!

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 March 2022 9:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kuririmba agashimisha abari bamuteze amatwi, Rose Muhando yarangije akazi kamuzanye arigendera. Abahanzi b’Abanyarwanda bari bucurangane nawe bamwe ntibaririmbye, harimo Tonzi kubera ko itsinda ribacurangira ryabanje kubyanga kuko ritari ryishyuwe.

Nyuma y’uko bifashe indi sura, abagomba kubishyura bakoze inama y’akanya gato, barangije baragaruka bagira ibyo bemeranyaho n’abo bacuranzi .

Hagati aho uwari umusangiza w’amagambo( Master of Ceremony, MC) yabwiye abari aho kwihangana bagategereza gato.

Ako ‘gato’ yavugaga kamaze isaha irenzeho iminota micye, bamwe bararambirwa barataha kuko bari bamaze kubona ko igitaramo cyarangiriye hariya.

Ikindi ni uko nta makuru y’icyabaye abafana bari bafite bityo baritahira.

Nyuma yo kuganira, abacuranzi bagarutse ku rubyiniro, bafatanyije n’abacuranzi basaba imbabazi abafana kubera uko gutinda.

Muri uko gutinda, Tonzi yahise yitahira.

Ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zihimbaza Imana uzwi kurusha benshi bakora umuziki umwe.

Tonzi yarambiwe aritahira

Taarifa yaje kumenya ko impamvu y’iriya rwaserera ari uko abacuranzi batari bishyuwe bityo banga gukora akazi baraherwa na ‘avance .’

Umunyamakuru wa Taarifa wari uhari avuga ko nyuma y’uko bishyuwe, nibwo bariya bacuranzi bemeye gukomeza akazi.

Gusa amasaha yari yicumye!

Igitaramo kirangiye, habayeho guhemba abahanzi bitwaye neza .

Ku mwanya wa mbere haje, Israel Mbonyicyambu (Mbonyi) wahembwe miliyoni zirindwi( Miliyoni 7Frw),

Israel Mbonyicyambu niwe wahembwe menshi

Aline Gahongayire yabaye uwa kabiri ahembwa miliyoni ebyiri(Miliyoni 2Frw) anavugako bitewe n’urukundo akunda Gaby Kamanzi bazayagabana

Aline Gahongayire ngo azagabana aya mafaranga na Gaby Kamanzi

Ku mwanya wa Gatatu haje Gisubizo Ministries yahembwe milioni imwe( Miliyoni 1Frw)

Hanyuma uwa  Kane aba Rata Jay wahembwe nk’umuhanzi uri kumenyekana neza ahabwo Frw  500 000.

Rwanda Gospel Live Stars ni igitaramo cyatumiwemo umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza ukomoka muri Tanzania witwa Rose Muhando.

Gaby Kamanzi umwe mu bahanzi bakunzwe mu Rwanda

Mu miririmbire ye, Muhando yeretse bagenzi be bo mu Rwanda ko ari umuhanga koko.

N’ubwo atabivuze ariko bisa n’aho yasabye kumwigiraho bakazamura impano yabo.

Abafana be bo mu Rwanda baririmbye baranabyina biratinda!

Iki gitaramo cyakererewe amasaha ane kugira ngo gitangire. Cyarangiye saa sita z’ijoro zishyira saa saba.

Ntabwo kitabiriwe cyane.

Abandi bahanzi bari bahari ni Mbonyi Israel, Aline Gahongayire, James na Daniella( bagize itsinda rimwe), Tonzi, Théo Bosebabireba na Aimé Frank.

TAGGED:AbahanziAbanyarwandafeaturedImyidagaduroMbonyiMuhando
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nasho-Gako: Uko Abajya Mu Ngabo Z’u Rwanda Batozwa
Next Article Ingaruka Intambara y’u Burusiya Na Ukraine Izagira Ku Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?