Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikigega Cyo Gufasha Mwarimu Cyashyizwemo Miliyoni 19 Frw Ku Ikubitiro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ikigega Cyo Gufasha Mwarimu Cyashyizwemo Miliyoni 19 Frw Ku Ikubitiro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2021 1:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kaminuza mpuzamahanga yigisha imibare na siyansi, African Institute of Mathematical Sciences, Ishami ry’u Rwanda yahembye abarimu bigisha imibare n’izindi science babaye indashyikirwa batoranyijwe mu Turere dutandukanye. Hatangijwe kandi ikigega cyo gufasha mwarimu w’imibare na siyansi cyashyizwemo Miliyoni 19 Frw ku ikubitiro.

Bahembwe ibintu bitandukanye birimo mudasobwa zigendanwa n’ibindi byumbi by’ikoranabuhanga bita iPads.

Ikindi ni uko kuri uyu wa Gatandatu habaye umuhango wahuje abantu batandukanye kugira ngo barebe niba hari ibyo bakwiyemeza kuzafashamo mwarimu mu gihe kiri imbere.

Umuyobozi wa AIMS ishami ry’u Rwanda Prof  Sam Yala yabwiye abari bitabiriye uriya muhango ko burya  utapfa kubona icyo umuhembye kuko muri rusange akamaro ke ari ntagereranywa.

Ati: “Twishimira  uruhare mugira mu iterambere ry’umuntu kandi mboneyeho umwanya wa gushimira abafatanya bikorwa bacu mu gikorwa cyo gushaka no gushimira abarimu bitwaye neza.”

Mu rwego rwo gushima uruhare rwa mwarimu, abari bitabiriye biriya birori biyemeje ‘kuremera mwarimu.’

Bamwe biyemeje kuzafasha bamwe mu barimu b’imibare na siyansi kuziga amasomo yisumbuye( scholarship).

Kimwe mu bigo byiyemeje kuzafasha mwarimu ni Airtel-Rwanda yiyemeje kuzatanga miliyoni 7 Frw.

Hashyizweho Ikigega bise Teacher Scholarship Fund cyashyizwemo ku ikubitiro Miliyoni 19 Frw ndetse ibigo bitandukanye byemera ko bizishyurira abarimu 15 amafaranga y’ishuri kugira ngo bongere ubumenyi.

Ubwo ubukangurambaga bwo gushimira mwarimu akamaro agira mu burere bw’abana, Umuyobozi wa Airtel Emmanuel Hamez yavuze ko ikigo ayobora kizafasha abarimu kubona murandasi ifatika yazabafasha mu bushakashatsi bwabo.

Icyo gihe yagize ati:“ Muri Airtel-Rwanda twishimira kuzakorana na AIMS n’abandi bafatanyabikorwa kugira ngo duteze imbere mwarimu haba mu kumuha murandasi ihendutse ariko yihuta ndetse no kumugezaho bimwe mu bikoresho bikenera murandasi ngo bimufashe gukora akazi neza.”

Pacifique Kabanda wari uhagarariye Airtel-Rwanda mu muhango wo kurangiza ubukungurambaga mu gushyigikira mwarimu

Ubwo habaga umuhango wo kurangiza ukwezi ko gushimira mwarimu w’imibare na siyansi wabereye muri Kigali Convention Center, bamwe mu barimu babwiye bagenzi babo uko bigisha imibare na siyansi.

Bamwe mu bayobozi n’abarimu bitabiriye uriya muhango

Umwarimu wavuze mu izina rya bagenzi be waje aturutse mu Karere ka Karongi yavuze ko iyo umwarimu ahawe ubushobozi akeneye, atanga ubumenyi buzagirira igihugu akamaro mu gihugu mu gihe kiri imbere.

Mu kurangiza, abarimu babaye indashyikirwa bahawe ibihembo birimu mudasobwa, iPads n’icyemezo cy’uko bahuguwe na AIMS kandi bakaba ari abarimu b’intangarugero.

Bahembwe mudasobwa
TAGGED:featuredIkigegaImibareMudasobwaMwarimuSiyansi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Kenya Bisi Yari Itwaye Abagiye Mu Bukwe Yaguye Mu Mugezi
Next Article Kagame Yakiriye Uyobora Ikigo Nyafurika Cyo Kurwanya Ibyorezo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?