Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikipe Ya Sudani Y’Epfo Yarakajwe N’Uko Indirimbo Y’Igihugu Cyabo Yitiriwe Sudani
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu mahanga

Ikipe Ya Sudani Y’Epfo Yarakajwe N’Uko Indirimbo Y’Igihugu Cyabo Yitiriwe Sudani

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 July 2024 9:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Biherutse gutungura kandi birakaza abagize itsinda rya Sudani y’Epfo bitabiriye imikino olempiki ubwo bumvaga hacuranzwe indirimbo itari iy’igihugu cyabo. Icyo gihe hacuranzwe iya Sudani; igihugu Sudani y’Epfo yamaze imyaka myinshi barwana ishaka kwigenga…

Bayicuranze mbere y’uko ikipe ya Basketball ya Sudani y’Epfo yari igiye gukina n’iya Puerto Rico.

Kwiyamira kugamije kwamagana niko kwakurikiryeho ubwo abateguye imikino Olempiki iri kubera mu Bufaransa bacuranga indirimbo ya Sudani bibwira ko bacuranze iya Sudani y’Epfo.

BBC yanditse ko umwe mu bakinnyi bakomeye b’ikipe ya Basketball ya Sudani y’Epfo wita Majok Deng yasabye ko abategura ibirori binini nka biriya bakwiye kwigengesera cyane.

Ndetse we yabifashe nk’agasuzuguro.

Ati: “[Abategura imikino] bagomba gukora neza kurushaho kuko uru ni urubuga rwa mbere runini cyane ndetse barabizi ko Sudani y’Epfo irimo gukina”.

Avuga ko gucuranga indirimbo y’igihugu itari yo ari agasuzuguro kiba gikorewe.

Abateguye iyi mikino basohoye itangazo basaba imbabazi, bavuga ko ko byatewe no kwibeshya kwa muntu.

Basabye imbabazi ku bwo kwibeshya kwa muntu.

Itangazo ryabo riragira riti: “Turumva neza uburemere bw’ikosa.”

Si ubwa mbere abategura imikino nk’iyo bibeshya ku ndirimbo yubahiriza igihugu cyayitabiriye kuko hari nubwo abakinnyi ba Koreya y’Epfo bigeze kwitwa aba Koreya ya Ruguru, iyi Koreya bayita “Repubulika ya Rubanda ya Demokarasi ya Koreya”.

Umukino wahuje Sudani y’Epfo na Puerto Rico warangiye iyitsinze ku manota 90 ku manota 79.

Ni  ikipe ikomeye kuko no ku mukino wabanje Amerika yayitse hamana, mu masogonda ya nyuma.

TAGGED:BasketfeaturedImikinoIndirimboOlimpikiSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Ashinja Ruto Kubangamira Amasezerano Y’Amahoro Ya Nairobi
Next Article Umunyarwandakazi Yayoboye Ikigo Cya Banki Ikomeye Mu Karere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?