Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikoranabuhanga Mu Myubakire Y’Inzu Zihendutse Mu Mujyi Wa Kigali
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ikoranabuhanga Mu Myubakire Y’Inzu Zihendutse Mu Mujyi Wa Kigali

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2022 10:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufasha abaturage gutura mu nzu zisa neza kandi zidahenze, hari gahunda y’uko mu mwaka wa 2028 hazubakwa inzu 700,000.

Muri zo 70% zigomba kuba ari inzu zidahenze k’uburyo Umunyarwanda ufite amikoro ‘aringaniye’ yabasha kugira iyo yigondera.

Izi nizo nzu bita ‘Affordable houses’

Ni inzu zirimo ibikenewe byose byafasha umuntu kuyibamo aguwe neza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Ikoranabuhanga ni ingenzi muri byose

Guverinoma y’u Rwanda yatekereje uburyo inzu nk’izi zakubakwa mu buryo burambye kandi butanga igisubizo ku miturire icucikitse yari imaze iminsi igaragara henshi mu bice by’Umujyi wa Kigali.

Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere, Rwanda Development Board, Clare Akamanzi aherutse kubwira CNBC Africa ati: “ Nk’uko bimeze n’ahandi ku isi, Leta y’u Rwanda ikora uko ishoboye ngo ihe abaturage bafite amikoro aringaniye uburyo bwo gutura butangiza ibidukikije, batuye heza kandi badahenzwe.”

Akamanzi avuga ko Leta y’u Rwanda ikorana n’abikorera ku giti cyabo kugira ngo ibikorwa byose bikorwe mu nyungu za benshi.

Umwe muri ba rwiyemezamirimo bubaka inzu zigenewe abantu bafite amakiro aringaniye witwa Soleman Idd nawe yabwiye  CNBC Africa ko mbere y’uko ashora imari mu Rwanda akubaka  inzu zubatswe mu buryo bw’ikoranabuhanga kandi zidahenze, yabanje kubikorera muri Gabon.

Icyakora avuga ko muri Gabon yahuye n’ikibazo cy’uko hari ibyo abanyapolitiki bamwizezaga ariko ntibikurikirwe n’ibikorwa, akabura ubutaka  bwo gukoreraho akazi.

- Advertisement -

Ati: “ Aho mvumburiye ko u Rwanda rutanga ayo mahirwe, umuntu akabona ubutaka bwo gukoreraho ndetse n’icyemezo cy’uko ubutaka ari ubwe kandi abukoreraho mu buryo bwemewe n’amategeko, land title, nahise nza kureba uko nahakorera business yanjye.”

Inzu ziciriritse ziri kubakwa zifite ibyuma byo kuraramo biri hagati ya bibiri n’ibyumba bine.

Abubaka izi nzu bavuga ko bazubaka mu ikoranabuhanga rizatuma zidapfa kwibasirwa n’inkongi  kandi ntizorohereze ubushyuhe cyangwa urusaku kwinjira.

Uwitwa Charles Haba yabwiye CNBC Africa ko ikoranabuhanga mu myubakire rifasha kwihutisha ibintu, umufundi ntavunike, akubaka inzu nyinshi mu gihe gito kandi ntahushe ngo atere umusumari aho atateganyije cyangwa ngo asenyeshe abayede bya hato na hato ngo hari aho bibeshye.

Abubaka inzu zihendutse muri Kigali bavuga ko bashyizeho gahunda yo guhugura abafundi b’Abanyarwanda kugira ngo umubare w’abandi bafundi baturukaga hanze yarwo ugabanuke.

Ni imishinga myiza ariko yo kwitonderwa…

Ku rundi ruhande, ni ngombwa ko abiga iyi mishinga bitonda kubera ko hari raporo zitandukanye zasohowe n’Umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta zerekana ko hari amafaranga Leta ifatanyamo  n’abikorera mu kubaka inzu z’abafite amikoro aringaniye ariko ntizibone abazigura.

Muri Nyakanga, 2021 Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize, RSSB, cyashinjwe gushora amafaranga menshi mu mishinga itizwe neza, bikarangira iguye mu bihombo kandi bikagaruka kuri Leta.

Imwe mu mishinga igarukwaho ni iy’inyubako iki kigo cyubatse mu bihe bitandukanye, ariko  ntizigurishwe uko byateganyijwe cyangwa ngo zikoreshwe bityo zigahomba.

Muri Nyakanga, 2021, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yari imbere y’Inteko ishinga amategeko – Umutwe w’Abadepite – ngo atange ibisobanuro mu magambo ku bibazo bigaragara muri RSSB.

Umuyobozi wa Komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo, Depite Muhakwa Valens icyo gihe  yagize ati “Hari ibibazo kandi biri mu ishoramari rya RSSB, ishoramari rikorwa ku mishinga itizwe neza bigatera Leta igihombo.”

Ni ibibazo byakunze kugaragazwa na Raporo z’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, hakazamo ingingo z’uko RSSB iba yarashoye amafaranga menshi mu bigo by’ubucuruzi bitandukanye kandi bitunguka bitewe n’uko ishoramari riba ritizwe neza cyangwa ntirikurikiranwe uko bikwiye.

Icyo gihe hatanzwe urugero rw’umushinga wo kubaka inzu zigezweho i Gacuriro mu mudugudu wiswe Vision City.

Byateganywaga ko inzu zizatwara miliyari 77.5 Frw, ariko mu igenzura ryakozwe mu mwaka wa 2018/19 byagaragaye zari zimaze kuba miliyari 115.6 Frw, bivuze ko hari hamaze kurengaho miliyari 38.6 Frw ku mafaranga yateganyirijwe umushinga.

N’ubwo atari ngombwa kugaruka ku mishinga itandukanye ihombya Leta kubera kwigwa nabi, ni ngombwa ko abiga imishinga bagombye kujya bareba kure, bakabanza no kwiga ku bushobozi bwo kugura Abanyarwanda bafite mu gihe izo nzu zubakwamo bityo hagateganywa niba koko izo nzu zizuzura zikagurwa cyangwa niba hari ikindi cyakorwa.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaInyubakoInzuNdagijimanaRSSB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihugu Bikize Kurusha Ibindi Byiyemeje Gufasha Ukraine Gutsinda Putin BIDASUBIRWAHO
Next Article Ibirwa Bya Maurices Mbere Ya COVID-19 Byashoye Mu Rwanda 25% Y’Ishoramari Ryaturutse Hanze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?