Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imidugararo Y’Amatora Muri Cameroun Yatumye Ibiciro Muri Centrafrique Bizamuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Imidugararo Y’Amatora Muri Cameroun Yatumye Ibiciro Muri Centrafrique Bizamuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2025 9:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abaturage bataka ko ibiciro ku masoko byazamutse cyane.
SHARE

Kubera ko Centrafrique ari igihugu kidakora ku nyanja, ibibazo bya Politiki biherutse kuvuka muri Cameroun, igihugu kiyifasha kubona ibicuruzwa byinshi, byatumye ibiciro ku masoko y’i Bangui n’ahandi bizamuka.

Mu gihe Radio France Internationale, RFI, ivuga ko imidugararo yakurikiye amatora ya Perezid awa Repubulika muri Cameroun ari yo yateye iryo zamuka, ku rundi ruhande, Leta yo ishinja abacuruzi kugundira ibicuruzwa kugira ngo bazabigurishe kuri menshi ibyinshi nibimara gushira ku isoko.

Leta kandi ivuga ko nubwo ari uko ibintu byifashe, iri gukora uko ishoboye ngo ibintu bisubire mu buryo.

Umwe mu bacuruzi bo mu murwa mukuru wa Centrafrique witwa Jérôme agira ati: “Ndemeza rwose ko ibiciro byazamutse cyane kubona ibyo uhaha ku giciro kidakanganye bigoye cyane. Ibiciro by’ibiribwa n’iby’ibicuruzwa bitumizwa hanze byarazamutse mu buryo bugaragara.”

Perezida w’Ihuriro riharanira uburenganzira bw’abaguzi witwa Ali Rock Bissengué asaba ubuyobozi bw’igihugu kubyinjiramo vuba, bukareba uko ibintu byajya mu buryo.

Ati: “Repubulika ya Centrafrique ni igihugu gitunzwe no gutumiza hanze ibyo gikeneye hafi ya byose. Ubu ingo zacu aho dutuye zirataka inzara. Turasaba ubuyobozi kubijyamo kugira ngo haboneke uburyo iki kibazo cyakemuka.”

Nk’uko bigenda n’ahandi, Minisiteri y’ubucuruzi ya Centrafrique niyo yinjiye mu kibazo nk’iki.

Minisitiri uyishinzwe Thierry Patrick Akoloza avuga ko abacuruzi banini ari bo babaye intandaro yo kuzamuka kw’ibiciro ku masoko kuko bahisemo kutarekura ibyo baranguye ahubwo bakabibika kugira ngo bazabirekure byahenze cyane.

Ndetse ngo bamwe bamaze kubona ko byabuze ku isoko, bazahitamo kuzamura ibiciro kuko bazi neza ko abaguzi babikeneye.

Ni ikibazo cyatumye Leta ihagurukana imbaraga zo gutegeka abacuruzi kugabanya ibiciro kandi ikareba niba nta bicuruzwa biri kugurishwa kandi bitujuje ubuziranenge.

TAGGED:AmasokoBanguiCentrafriqueIbiciro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyamasheke: Abaturage Barasaba Kugabanyirizwa Tike Y’Ubwato Bubafasha Kujya Guhaha
Next Article Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?