Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imigambi Migari Y’Iterambere Ry’Ubuhinzi Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Imigambi Migari Y’Iterambere Ry’Ubuhinzi Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 January 2023 1:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda ivuga ko ifite imigambi itandatu(6) migari yo kuvugurura ubuhinzi bukagera ku rwego rwiza. Iyi migambi yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi Ildephonse Musafiri uri mu Nama y’ubukungu iri kubera Davos mu Busuwisi.

Musafiri yavuze ko u Rwanda ruteganya kugaburirira abana bose ku ishuri, ikoranabuhanga mu kuhiza imashini zikoresha imirasire y’izuba, ubuhinzi bukorewe ku buso buto, gukoresha neza amazi yo kuhiza, gukoresha neza imiti yica udukoko twonona imyaka, ndetse no kugaburira amatungo inigwahabiri zikize ku byubaka umubiri( proteins).

U Rwanda rwabwiye abandi bitabiriye iriya nama iri kubera i Davos ko mu kubala ubuhinzi burambye, rufite gahunda yo gukora k’uburyo Abanyarwanda bazihaza mu biribwa, umuhinzi akeza akihaza mu biribwa akanagira ibyo asagurira isoko.

Bumwe mu buryo Guverinoma y’u Rwanda ikoresha mu kubaka umuhinzi wihagije ni ukumuha nkunganire, guhuza ubutaka kugira ngo buhingweho igihingwa kimwe kandi aho bishoboka hose ubuhinzi bujye bajyana no kuhira.

Minisitiri Musafiri yatanze kiriya kiganiro ari kumwe n’umuyobozi w’ikigo giteza imbere ubuhinzi mur Africa kitwa AGRA, Dr. Agnes Karibata.

Inama y’i Davos izamara Icyumweru.

On a panel discussion featuring @Agnes_Kalibata President of @AGRA_Africa, and other officials, Hon. @Ilde_Musafiri highlighted key Rwanda’s priorities on Food Systems; Access to safe and nutritious food, sustainable environment, and promoting decent livelihoods for farmers. pic.twitter.com/OB5bMVUTpX

— Ministry of Agriculture & Animal Resources |Rwanda (@RwandaAgri) January 17, 2023

Ni inama ngarukamwaka ihuza abantu bakomeye mu bucuruzi no muri politiki z’ubucuruzi n’iterambere muri rusange.

Ibanza kwitabirwa n’abanyapolitiki basanzwe bakora mu nzego z’ubukungu, abarimu ba Kaminuza n’Abakuru b’ibihugu.

Rwanda: Umusaruro W’Ubuhinzi N’Ubworozi Warazamutse Guhera Mu Mwaka Wa 2017

TAGGED:DavosfeaturedImariInamaKaribataUbuhinziUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Muri Kiliziya Hari Uwicaraga Abanje ‘Guhitamo’ Uwo Bicarana
Next Article Kenya: Aba ‘Bouncers’ Bifuza Kujya Bitwaza Imbunda Mu Kazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Trump Yeruye Arega BBC Ngo Imwishyure Miliyari $10

Uko Ikibazo Cya Feri Za Spiro Giteye

FDLR Yarwanye Na Mai Mai

Umusaruro Mbumbe W’ u Rwanda Wazamutseho 11.8% Mu Gihembwe Cya Gatatu

You Might Also Like

Imyidagaduro

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abavoka Basaba Ruswa Batokoza Ubutabera- Mukantaganzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?