Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imikorere Y’Inyenzi Nk’Uko Rutaremara Abivuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Imikorere Y’Inyenzi Nk’Uko Rutaremara Abivuga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2023 4:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inararibonye Tito Rutaremara avuga ko Inyenzi rwari urubyiruko rw’Ishyaka UNAR( Union Nationale Rwandaise). Abari barugize bari bafite imikorerere inoze guhera ku musozi kugeza kucyo bitaga Sous-Cheferie, ariko imikorere yabo ntiyarambye…

Ese byaje kugendekera gute uru rubyiruko ruvugwaho kumenya gucengera cyane?

Inararibonye mu mateka y’u Rwanda Tito Rutaremera avuga ko muri rusange Inyenzi zari ziri ku murongo mwiza w’imikorere.

Imikorere yarwo yarazamukaga ikagera no ku rwego rwa Perefegitura wagereranya na Intara z’ubu.

Avuga ko ubwo Abakoloni bafatanyaga  n’abitwaga Abaparimehutu,  baje kwirukana abayobozi ba UNAR abenshi bahungira muri Uganda.

Nyuma y’iryo yirukanwa, nibwo abayobozi bakuru ba UNAR bahise batangira urugamba( struggle), barutangirira ahitwa Kizinga hafi y’umupaka w’u Rwanda.

Intego y’Inyenzi yari iyo kurwanya ubutegetsi bw’Abakoloni mu bukungu bwabo bagaharika ibikamyo byazanaga Petelori ngo ifashe mu bukungu bwiyubakaga icyo gihe.

Urubyiruko rw’Inyenzi rwari rwigabanyijemo amashami, hakaba hari iryo muri Uganda ari naryo rya mbere zashinze, icyo gihe hari mu mwaka wa 1965.

Iri shami ryarwaniraga mu Mutara, muri za Byumba mu Buganza.

Hari igihe zateye zambukiranya u Rwanda zikomereza mu Burundi.

Mu Nyenzi zaturutse mu Bugande izari zikomeye ni uwitwa Ngurumbe, Kayitare umuhungu wa Rukeba wagiye i Burundi aza gupfira yo.

Indi Nyenzi yari ikomeye mu zateraga ziva muri Uganda hari iyitwaga Numa yo yiciwe muri Tanzania.

Inyenzi zaturukaga i Burundi nazo zaje gukomera. Icyo gihe bwategekwaga na Michel Micombero.

Zarakomeye k’uburyo hari n’izo muri Uganda zaje kwifatanya nazo harimo na ba Ngurumbe n’abandi.

Inyenzi zaturutse mu Burundi zaje gufata Nyamata ya Bugesera ariko nyuma ziza gutsindwa zisubira mu Burundi nk’uko byigeze no kuba kuzaturutse muri Uganda.

Nyuma y’ibi bitero, uwari Perezida w’u Rwanda Grègoire Kayibanda yabwiye Abaparimehutu kwica Abatutsi avuga ko ari bo byitso by’Inyenzi.

Hishwe ab’i Cyanika muri Gikongoro hicwa n’ab’i Byumba.

Ibyabo byatangajwe muri Le Monde no muri radio Vatican.

Hari kandi n’irindi shami ry’Inyenzi zakoreraga muri Kivu y’Epfo.

Aba bari barimo benshi barwanye mu kiswe intambara y’aba Mulele kandi Muzee Rutaremara avuga ko abarwanye muri iri tsinda, banarwanye bari kumwe n’abo kwa Kabila Desiré.

Abo kuri uru ruhande nabo bararwanye ariko ntibagera kure cyane kuko bagarukiye mu ishyamba rya Nyungwe.

Bashimirwa ko muri icyo gihe bafashije Abanyamulenge kwirwanaho.

Ishami ry’Inyenzi rya Kivu ya Ruguru ni ishami ryiyitaga Intare ryayoborwaga na Mukurarinda, rikarwanira mu Birunga ariko ngo nta kintu kinini ryakoze nk’uko Inararibonye Tito Rutaremara abyemeza.

Ibitero by’izi nyenzi zose, byaratsinzwe birangirana n’umwaka wa 1967.

Rutaremera avuga ko imwe mu mpamvu zatumye zitsindwa ari uko nta buyobozi zagiraga bwaba ubwa Politiki cyangwa ubwa gisirikare.

Ikindi gikomeye ni uko n’amafaranga babonaga yaribwaga na bamwe kubera ruswa yabamunze.

Avuga ko kuba abayobozi ba UNAR bari barahunze, byatumye imikorere ya UNAR n’Inyenzi muri rusange ipfa.

 

TAGGED:featuredIbiteroInyenziRutaremara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Undi Munyeshuri Wa Kaminuza Y’u Rwanda Aravugwaho Gukuramo Inda
Next Article Batangije Indi Gahunda Yo Kurengera Uburenganzira Bw’Ab’Igitsina Gore
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?